• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
05/11/25
Kamonyi-Karama: Polisi yataye muri yombi Abagabo 2 bakekwaho gucuruza no gukwirakwiza Ibiyobyabwenge
05/11/25
Kamonyi-Kayumbu/EP Giko: Hatashywe ibyumba by’amashuri 10 bakurwa mu gisa na Nyakatsi
05/11/25
Ipari yakoze ku bikubo ku mukino wose ndetse n’Ibitego byamuhesheje akayabo ka 1,531,607Frws
05/11/25
Kamonyi-Gacurabwenge: Polisi yataye muri yombi Itsinda ry’Abantu 5 barimo Umugore bakekwaho ubugizi bwa nabi

Abitabiriye imurikabikorwa ry’i Muhanga basigaranye ku mutima Umuryango Hope of Family  

Umwanditsi
June 7, 2019

Umuryango Hope of Family ukorera mu Murenge wa Shyogwe ho mu karere ka Muhanga washimiwe nk’umufatanyabikorwa w’indashyikirwa mu bitabiriye imurikabikorwa ry’aka karere, abaryitabiriye basigaranye ku mutima ibyagaragajwe n’uyu muryango.

Umuryango umaze imyaka hafi 3 ukorera mu Rwanda umaze kugera ku bikorwa biboneshwa amaso, byanagaragariye abitabiriye iri murikabikorwa, bari bawubonye bwa mbere. Ibikorwa byawo bishingiye ku ntego wihaye yo guteza imbere uruhare rw’ababyeyi mu myigire yabo no guteza imbere imibereho myiza y’iyo miryango.

Imiryango imwe yubakiwe inzu, isaga 100 yubakirwa uturima tw’igikoni ihabwa na kandagira ukarabe, igera kuri 23 ihabwa radiyo, igikoresho cy’imirasire y’izuba kibafasha kutabunza imitima batekereza aho bazavana amabuye yo gushyira muri izo radiyo, bahawe kandi na telefoni.

Ibi byose byiyongera kuri mituweli zishyuriwe abantu 689 bo mu murenge wa Shyogwe, ku buryo imihigo y’akagari ka Kinini uyu muryango ukoreramo yabaye nk’iyeswa n’ibikorwa byabo.

Ibi bikorwa nibyo byagarukwagaho muri filimi mbarankuru ku byo uyu muryango wagejeje ku baturage, ndetse bamwe muri bo bitabiriye iri murika ngo basobanure aho uyu muryango wabagejeje, aha harimo uwitwa Uwimana Leonille, umupfakazi w’abana batanu, uyu muryango wamubumbiye muri koperative y’abapfakazi batatu, borora ingurube enye zimaze kuba 16, zikabaha ifumbire bafumbiza insina bateye mu rutoki Hope of Family yabaguriye.

Aho bamurikiraga kandi harimo ibitabo bifasha abakuru gukunda umuco wo gusoma, no kunguka ubumenyi bwatuma bihangira imishinga. Hari kandi n’ibitabo by’abana, byatumaga hahora urujya n’uruza rwabo bashaka gusoma mu gihe iri murikabikorwa ryamaze, ni ukuvuga kuva tariki 28 kugeza ku ya 30 Gicurasi 2019.

Munyaneza Justin yakoraga urugendo rwa kilometero zisaga 15 ku munsi ava aho atuye I Musumba mu murenge wa Shyogwe agana muri iryo murikabikorwa, aho Hope of Family yamurikaga ibikorwa byayo. Yasomaga igitabo kivuga ku buzima bwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame ngo kubera uko cyamuryoheye.

Ati “ Iki gitabo naragikunze cyane, urebye uko kivuga ku mateka ya perezida wa Repubulika, kiraryoshye, kirimo byinshi tutazi.”

Uyu mugabo asaba ko uyu muryango wazabegereza ibi bitabo aho batuye, kuko ngo urubyiruko rwabihugiraho, rukareka imwe mu mico mibi ijya iruranga.

Umwe mu babyeyi bazanye abana be gusoma ibi bitabo, yasabye ko byazanwa no mu mujyi wa Muhanga bigafasha abana babo kubakundisha uwo muco kuko ngo nta somero riharangwa.

Umukozi w’uyu mushinga ushinzwe gahunda zigenewe abaturage(Community Mobilizer), Fotina Madina Ntakirutimana avuga ko hari kurebwa uburyo ibikorwa by’uyu mushinga byarenga akagari kamwe bikagera hirya no hino muri aka karere ka Muhanga.

Ibikorwa by’uyu mushinga biherutse gushimwa na Depite n’umuyobozi w’akarere ka Muhanga wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Mukagatana  Fortunee bemeje ko hagize imiryango nk’iyi ivuka ikegera abaturage muri ubu buryo, abakiri mu bukene babuvamo mu buryo bwihuse.

Ntakirutimana Deus

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5906 Posts

Politiki

4157 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1028 Posts

Imyidagaduro

85 Posts

Imikino

152 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga