• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
17/03/26
Kamonyi: Ntabwo tuje kuba abayobozi ba PSF, tuje kuba abakozi banyu-Ntiyamira Felix( aka Yadema)/PSF
17/03/26
Rugalika-Umunsi w’Umugore: Gifts Rwanda yaremeye Abagore iboroza Ihene
17/03/26
Kamonyi-Rugalika: Ibintu 5 Polisi yasabye abaturage kubizibukira burundu
17/03/26
Rugalika-Masaka: Nta Kangononwa ku kwishyura Mituweri ifatiye kuri Sisitemu Imibereho

Ruhango: Mu rugo rw’umuturage hafatiwe litiro 20 za kanyanga n’ibikoresho yifashishaga ayiteka

Umwanditsi
June 9, 2019

Mu rugo rwa Hategekimana Naphtar w’imyaka 49 y’amavuko utuye mu karere ka Ruhango mu murenge wa Ruhango mu kagari ka Bunyogombe, tariki ya 06 Kamena 2019 abaturage batanze amakuru ko mu rugo rwe hatekewe kanyanga kandi ko ajya anayicuruza. Babonye ibikoresho na Kanyanga yari imaze kwarurwa babura ukekwa.

Nyuma y’ayo makuru abaturage batanze Polisi ikorera kuri sitasiyo ya Ruhango yahise ijya mu rugo rwa Hategekimana Naphtar ihasanga litiro 20 yari amaze kwarura, ingunguru yayitekeragamo n’ibindi bikoresho bitandukanye ariko we kubwo kubikanga yahise abasha gucika ubu akaba agishakishwa.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’ Amajyepfo, Chief Inspector of Police (CIP) Bonaventure Karekezi yashimiye abaturage bahaye Polisi amakuru yanatumye ibi biyobyabwenge bimenwa bitaragira uwo byangiza.

Yagize ati “Igikorwa aba baturage bakoze n’ ikimenyetso cyiza kigaragaza ko ibyaha bishobora gukumirwa biturutse ku mikoranire myiza iri hagati yabo na Polisi bityo aho dutuye hakarangwa n’umutekano usesuye.’’

Yasobanuye ko kwenga cyangwa gucuruza kanyanga kimwe n’ibindi biyobyabwenge ari icyaha kandi gihanwa n’amategeko y’u Rwanda, bityo ko kubirwanya bisaba imbaraga za buri wese.

Yasabye kandi abaturage kwirinda inzoga zitemewe mu Rwanda n’izitujuje ubuziranenge, kuko zigira ingaruka ku buzima bwabo, kandi ahanini zikaba arizo ntandaro y’ibyaha bitandukanye birimo gukubita no gukomeretsa, ubujura, gufata abagore n’abana ku ngufu n’ibindi byaha bitandukanye.

CIP Karekezi yahamagariye n’abandi baturage gukomeza kugira uruhare mu kurwanya no gukumira ibyaha bitandukanye batangira amakuru ku gihe ku nzego z’umutekano.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5937 Posts

Politiki

4186 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1045 Posts

Imyidagaduro

87 Posts

Imikino

156 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga