• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
01/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
01/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
01/07/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Ruhango: Mu rugo rw’umuturage hafatiwe litiro 20 za kanyanga n’ibikoresho yifashishaga ayiteka

Umwanditsi
June 9, 2019

Mu rugo rwa Hategekimana Naphtar w’imyaka 49 y’amavuko utuye mu karere ka Ruhango mu murenge wa Ruhango mu kagari ka Bunyogombe, tariki ya 06 Kamena 2019 abaturage batanze amakuru ko mu rugo rwe hatekewe kanyanga kandi ko ajya anayicuruza. Babonye ibikoresho na Kanyanga yari imaze kwarurwa babura ukekwa.

Nyuma y’ayo makuru abaturage batanze Polisi ikorera kuri sitasiyo ya Ruhango yahise ijya mu rugo rwa Hategekimana Naphtar ihasanga litiro 20 yari amaze kwarura, ingunguru yayitekeragamo n’ibindi bikoresho bitandukanye ariko we kubwo kubikanga yahise abasha gucika ubu akaba agishakishwa.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’ Amajyepfo, Chief Inspector of Police (CIP) Bonaventure Karekezi yashimiye abaturage bahaye Polisi amakuru yanatumye ibi biyobyabwenge bimenwa bitaragira uwo byangiza.

Yagize ati “Igikorwa aba baturage bakoze n’ ikimenyetso cyiza kigaragaza ko ibyaha bishobora gukumirwa biturutse ku mikoranire myiza iri hagati yabo na Polisi bityo aho dutuye hakarangwa n’umutekano usesuye.’’

Yasobanuye ko kwenga cyangwa gucuruza kanyanga kimwe n’ibindi biyobyabwenge ari icyaha kandi gihanwa n’amategeko y’u Rwanda, bityo ko kubirwanya bisaba imbaraga za buri wese.

Yasabye kandi abaturage kwirinda inzoga zitemewe mu Rwanda n’izitujuje ubuziranenge, kuko zigira ingaruka ku buzima bwabo, kandi ahanini zikaba arizo ntandaro y’ibyaha bitandukanye birimo gukubita no gukomeretsa, ubujura, gufata abagore n’abana ku ngufu n’ibindi byaha bitandukanye.

CIP Karekezi yahamagariye n’abandi baturage gukomeza kugira uruhare mu kurwanya no gukumira ibyaha bitandukanye batangira amakuru ku gihe ku nzego z’umutekano.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga