• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
16/09/25
Umwami w’ibikubo byo ku Bitego atahanye 1,175,360Rwf yashyizeho 10,000 mu isaha imwe gusa
16/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
16/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
16/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi

Gakenke: Bane bafashwe bakekwaho kwiba amabuye y’agaciro mu kirombe

Umwanditsi
June 23, 2019

Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Gakenke mu murenge wa Ruli kuri uyu wa 20 Kamena 2019, yafashe abasore 4 bamaze kwiba ibiro 20 by’amabuye y’agaciro azwi nka “coltan’’ bibye mu  kirombe gicukurwamo amabuye y’agaciro giherereye mu Karere ka Gakenke umurenge wa Ruli.

Abafashwe ni Hakuzimana Froduard w’imyaka 24, Niyigena Celestin w’imyaka 25, Habineza Egide w’imyaka 28 na Byishimo w’imyaka 18 y’amavuko.

Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Amajyaruguru Chief Inspector of Police (CIP) Alexis Rugigana yavuze ko nyuma y’uko kompanyi icukura amabuye y’agaciro mu murenge wa Ruli itanze ikirego ko yibwa amabuye y’agaciro mu kirombe cyayo, hahise hatangira ibikorwa byo gushakisha abakekwaho ubu bujura .

Yagize ati “Tumaze kumenya ko kompanyi yitwa Eprocomi Limited icukura amabuye y’agaciro mu karere ka Gakenke yibwa amabuye y’agaciro cyane ayo mu bwoko bwa Coltan; twahise dutangira ibikorwa byo gushakisha abantu bihishe inyuma y’ibi bikorwa by’ubujura. Duhita tubafata tubasangana ibiro 20 by’amabuye y’agaciro ya coltan, tuyasubiza ba nyirayo.”

CIP Rugigana yashimiye abaturage bagize uruhare rwo guha amakuru Polisi yatumye aba bakekwaho ubujura bafatwa bagashyikirizwa ubutabera.

Ati “Turashimira abaturage batanze amakuru, buri muntu wese agize uruhare rwo gutanga amakuru ku gihe yabakora ibyaha, byabasha gukumirwa bitaraba. Uyu muco rero wo gutanga amakuru no kuba buri wese ijisho rya mugenzi we bikwiye kuranga buri muturage wese.”

Yakomeje avuga ko Polisi itazahwema kurwanya abacukura ndetse bakanacuruza amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko kimwe n’abandi bose bakora ibyaha bitandukanye.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5864 Posts

Politiki

4115 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1009 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

143 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga