• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Abapolisi 217 baherutse gusezererwa basabwe kuzarangwa n’imyitwarire myiza

Umwanditsi
June 27, 2019

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda, Inspector General of Police(IGP) Dan Munyuza, yasabye abasezerewe muri Polisi y’u Rwanda gukomeza kurangwa n’imyitwarire myiza no guharanira ko igihugu gikomeza kugira umutekano n’iterambere birambye.

Ibi yabibasabye ku mugoroba wo kuri uyu wa gatatu tariki ya 26 Kamena 2019, mu muhango wo kubasezera no kubashimira wabereye ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru.

Muri aba bapolisi basezerewe harimo ba Ofisiye bakuru barindwi (7), ba Ofisiye bato 62 ndetse n’abandi bapolisi bato 148, bose hamwe bakaba 217. Muribo harimo 208 bagiye mu kiruhuko k’izabukuru abandi 9 bakaba basezerewe kubera impamvu z’uburwayi butandukanye.

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda yabashimiye akazi keza bakoze bagaragajemo ubwitange n’umurava baharanira ko igihugu n’abagituye bakomeza kugira umutekano usesuye.

Yagize ati “Nyuma y’imyaka myishi mwari mumaze mukorera igihugu cyanyu mukibungabungira amahoro n’umutekano mukwiye kubishimirwa kuko dutewe ishema n’aho igihugu cyacu kigeze kiteza imbere namwe mwarabigizemo uruhare.”

Yakomeje ababwira ko kuba batashye bitavuze ko akazi karangiye ahubwo ko bazakomeza gufatanya mu kubaka igihugu no kugiteza imbere.

Ati“Kuba mukuyemo imyenda ntibivuze ko akazi karangiye. Aho mu giye muzakomeze mukorane n’abaturage neza mutanga umusanzu mu gucunga umutekano nkuko mwajyaga mubikora. Twizera neza ko ntawahungabanya umutekano hari Polisi Reserve. Ntimuzarebere abagizi ba nabi bashaka kwangiza ibyo twagezeho.”

IGP Munyuza yababwiye ko iyo ukoreye igihugu cyawe neza nacyo kibikwitura kikagira ibyo kikugenera byiza kuko nawe uba waragikoreye ibyiza .Ibi byose byerekana icyizere gikomeye n’imigambi myiza Leta y’u Rwanda ifitiye abasezerewe muri Polisi y’u Rwanda, bikaba kandi bigamije kugira ngo abasezerewe muri Polisi y’u Rwanda bagire ahazaza heza ari nako bakomeza kugira uruhare mu kubumbatira umutekano ndetse no kugira uruhare mu iterambere ry’igihugu.

Inzira twanyuzemo imyaka myinshi turi kumwe ni inzira ndende. Aho mugiye muzakomeze musigasire icyizere abanyarwanda bafitiye Polisi bityo mufatanye gukumira ibyaha bitaraba iterambere n’umutekano birambe.

Uwari uhagarariye abasezerewe, Rtd Chief Superintendent of Police (CSP) Dan Ndayambaje yavuze ko aho bagiye batagiye kwicara ahubwo bagiye gukorana n’abo basanze bakarushaho guteza imbere igihugu.

Yagize ati “Tuzakomeza gufatanya na Polisi yacu n’igihugu muri rusange kugira ngo turusheho ku kirinda no ku cyubaka turushaho gusigasira ibyagezweho.”

Yongeyeho ko bazakomeza kurushaho kugira uruhare mu kubungabunga umutekano aho batuye kandi bakaba intangarugero.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga