• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Abayobozi bakuru ba Polisi ya Sudan na Centre Africa bashimiye umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda

Umwanditsi
June 30, 2019

Kuri uyu wa 29 Kamena 2019, ku cyicaro gikuru cya Polisi, umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Dan Munyuza yakiriye Lt. Gen. Adil Mohamed Ahmed Bashair umuyobozi mukuru wa Polisi ya Sudan na Col. Bienvenu Zokoue umuyobozi mukuru wa Polisi ya Repuburika ya Centre Africa.

Lt. Gen. Adil Mohamed Ahmed Bashair ni nawe uyoboye ihuriro ry’abayobozi ba za Polisi zo mu karere k’ Iburasirazuba (EAPCCO).
Uyu muryango ugizwe n’abakuru ba Polisi z’ibihugu byo muri Afurika y’Iburasirazuba. Washinzwe mu 1998 ugamije gukemura ibibazo no guhuza imbaraga mu kurwanya ibyaha byambukiranya imipaka.

Aba bayobozi ba Polisi zombi banitabiriye umuhango wo gusoza amasomo ahanitse agenerwa aba-ofisiye bakuru icyiciro cya 7 wabereye mu ishuri rikuru rya Polisi riherere i Musanze mu ntara y’Amajyaruguru.

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Dan Munyuza mu biganiro yagiranye n’aba bayobozi bombi byibanze cyane ku mubano n’ubufatanye bugamije gukemura ikibazo cy’umutekano n’ibyaha byambukiranya imipaka cyane cyane byifashisha ikoranabuhanga.

Lt. Gen. Adil Mohamed Ahmed Bashair yashimye umubano uri hagati ya Polisi y’u Rwanda n’iya Sudan ku bikorwa bitandukanye byongera ubumenyi n’ubushobozi cyane cyane amahugurwa. Abapolisi bakuru baturuka mu bihugu bya Sudan na Repubulika ya Centre Africa bitabiriye amasomo ahanitse agenerwa ba ofisiye bakuru.

Umuyobozi mukuru wa Polisi ya Sudan yashimiye Polisi y’u Rwanda uko yashoboye kugera ku ntego y’ihuriro rihuza abayobozi ba Polisi zo mu Karere.
Col. Zokoue umuyobozi wa Polisi ya Repubulika ya Centre Africa yashimiye Leta y’u Rwanda na Polisi y’u Rwanda by’umwihariko uruhare rwabo mu gufasha ibikorwa byo kugarura amahoro mu gihugu cya Repubulika ya Centre Africa.

Yagize ati:’’Uruhare rwanyu mu kugarura no kubungabunga amahoro mu gihugu cyacu, ndetse n’ubushake bwa Leta y’u  Rwanda mu gushyigikira Repuburika ya Centre Africa binyuze mu mikoranire ihamye byagize akamaro gakomeye cyane mu guhangana n’ibibazo by’umutekano muke muri Rebubulika ya Centre Africa.’’

Impano IGP Dan Munyuza yahaye umuyobozi mukuru wa Polisi ya Sudan.

U Rwanda rwatangiye kohererza abapolisi mu butumwa bwo kubungabunga no kugarura amahoro muri Centre Africa mu mwaka wa 2014. Kugeza ubu u Rwanda rufiteyo amatsinda atatu y’abapolisi, rimwe rigizwe n’abapolisi 160.

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda yashimiye umubano ndetse n’ubufatanye mu bikorwa bitandukanye hagamijwe kurwanya ibyaha ndengamipaka, iterabwoba, icuruzwa ry’ibiyobyabwenge, icuruzwa ry’abantu ndetse n’ibyaha byifashisha ikoranabuhanga.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga