• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
15/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy
15/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: Ikipe y’Abakanyujijeho mu Mavubi(FAPA) yageze ku mukino wa nyuma itsinze Arsenal Forever
15/06/25
Kamonyi-Rugalika: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubujura bwo gutegera abantu mu nzira no gutobora inzu

Ange Ingabire Kagame yateruye igisigo mu ndirimbo za Salomo agitura umugabo we yihebeye

Umwanditsi
July 8, 2019

Ange Ingabire Kagame, umukobwa wa Perezida Paul Kagame nyuma y’uko kuri uyu wa Gatandatu tariki 06 Nyakanga 2019 ashyingiranwe na Bertrand Ndengeyingoma, yifashishije indirimbo ya Salomo muri Bibiliya mu gice cya 3 ku murongo wa kane (Indirimbo 3:4), akuramo igisigo agitura umugabo we, abwira bose ko yabonye uwo umutima we ukunda.

Mu magambo yo mu rurimi rw’icyongereza, Ange Ingabire Kagame yagize ati “ I have found the one whom my Soul Loves”. Songs of Solomon 3:4.

Urebye mu magambo y’ururimi rw’ikinyarwanda, ugasoma umurongo wose wa 4 w’iki gice cya 3 cy’iyi ndirimbo ya Salomo hagira hati“ Tugitandukana gato, mbona uwo umutima wanjye ukunda. Ndamufata nanga kumurekura, kugeza ubwo namugejeje mu nzu ya Mama, mu cyumba cy’uwambyaye”.

Ubutumwa buherekejwe n’ifoto ya Ange Ingabire Kagame n’Umugabo we Bertrand Ndengeyingoma.

Muri iyi ndirimbo, habonekamo amagambo y’ubwenge kandi y’ubuhanga benshi mu bakundana bakunze kwifashisha nk’ibisigo by’urukundo batura abo bihebeye. Ukomeje muri iki gice cya gatatu kandi ukomeza kumva uburyohe buhebuje bw’amagambo yuzuye urukundo muri iyi ndirimbo ya Salomo.

Ange Ingabire Kagame, ni umukobwa wa Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame. Amagambo y’urukundo yakuye mu ndirimbo ya Salomo ya yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwe rwa twitter aho abamukurikira ari ibihumbi n’ibihumbi.

Ifoto y’umuryango igaragara kuri Twitter ya Ange Ingabire Kagame.

Soma inkuru bijyanye hano: Umukobwa umwe wa Perezida Paul Kagame yambaye agatimba ahesha ishema umuryango

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5816 Posts

Politiki

4067 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga