• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
07/09/25
Gisagara: Umuyobozi w’Ikigo cy’Ishuri yatawe muri yombi azira ibiryo by’abana
07/09/25
Kamonyi-Blue Sky School: Abanyeshuri n’Abarimu bashimiwe ku guhesha ikigo ishema
07/09/25
Kamonyi-Runda: Umugabo w’imyaka 35 y’amavuko yasanzwe amanitse mu mugozi
07/09/25
Kamonyi-Mukinga: Abana basaga 128 bataye n’abacikishirije ishuri bagiye kurisubizwamo

Kamonyi/Musambira: Umurambo w’umusore wabonywe mu giti cya avoka

Umwanditsi
July 18, 2019

Umurambo w’umusore witwa Niyomuabo Gad w’imyaka 21 y’amavuko bikekwa ko yishwe anizwe cyangwa se akaba yiyahuye wabonywe mu gitondo cyo kuri uyu wa kane Tariki 18 Nyakanga 2019 mu giti cya avoka anigishije umugozi mu ijosi.

Nyakwigendera Niyomugabo Gad, w’imyaka 21 yari acumbitse kwa Tereza Mukamana aho yamukoreshaga ku isambu ye iherereye mu Mudugudu wa Ruvumura, Akagari ka Cyambwe ho mu Murenge wa Musambira.

Ababyeyi ba Nyakwigendera ni Nyagahunde Sitefano na Mukangango Patirisiya batuye mu karere ka Ngororero, Umurenge wa Hindiro.

Umurambo wa nyakwigendera wagaragaye mu masaha ya Mugitondo ahagana I saa moya n’igice amanitse mu giti cya Avoka, anigishije umugozi waciwe ku ishuka yararagamo.

Kuva mu masaha ya mugitondo igihe umurambo wa Nyakwigendera wabonekeye kugeza ku I saa munani n’iminota 30 ubwo iyi nkuru yandikwaga ntabwo umurambo wari bwagakurwe aho bawusanze.

Mpozenzi Mbonigaba Providence, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa musambira yahamirije intyoza.com ko amakuru y’urupfu rwa Nyakwigendera Niyomugabo Gad ari impamo. Ko bamusanze mu giti cya avoka anigishijwe umugozi ariko bakaba batazi ngo yishwe cyangwa se yiyahuye.

Yagize ati “ Ni urupfu gusa!, ntacyo dukeka yazize nta nuwo dukeka. Ntabwo nahamya ko yiyahuye ariko ijosi riraziritse ku giti n’umugozi navuga ko baciye ku ishuka. Ariwe wawuciye mbere y’uko apfa ari abawuciye bakamuzirika, ntabwo mbizi nanjye byancanze ariko icyo mbona ni uko yapfuye gusa”.

Kuba umurambo wa Nyakwigendera watinze gukurwa aho bawubonye hagashira amasaha arenga arindwi nta cyakozwe ngo uhakurwe, Gitifu Providence yabwiye intyoza.com ko bitari gukorwa inzego zibishinzwe zitaratanga uburenganzira.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5860 Posts

Politiki

4111 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1008 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

142 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga