• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
04/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi ikomeje guhiga bukware Abahebyi mu bucukuzi bw’Amabuye y’agaciro
04/07/25
Kamonyi-Ubudaheranwa: Ubuyobozi bwa SACCO 12 bwaremeye Abarokotse Jenoside batishoboye
04/07/25
Kamonyi-Ngamba: Iminsi y’umujura yabagereyeho bafatwa bataragurisha Ingurube bishe bakayibaga
04/07/25
Kamonyi: Ba Rushingwangerero bagabiye Inka uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kamonyi/Gihara: Yatemye abantu batatu akoresheje umupanga umwe arapfa

Umwanditsi
July 19, 2019

Ahagana saa kumi n’imwe n’iminota 30 z’uyu mugoroba wa tariki 19 Nyakanga 2019, umugabo bivugwa ko yitwa Habimana Jean Marie Vianney w’imyaka 25 y’amavuko yateye mu Mudugudu wa Rukaragata, Akagari ka Gihara, Umurenge wa Runda atema akoresheje umupanga abantu batatu barimo umusaza w’imyaka 66 y’amavuko yakomerekeje bikomeye akajyanwa kwa muganga(CHUK) ari naho yaguye.

Abatemwe uko ari batatu ni; Kamana Pascal w’imyaka 66 y’amavuko watemwe mu mutwe no mu mugongo mu buryo bukomeye aho ubutabazi bwahise bumwohereza ku bitaro byigenga bya Kaminuza y’u Rwanda bya Kigali-CHUK(ari naho yaguye), hari kandi Mukarurangwa Venantie w’imyaka 55 y’amavuko watemwe ku kuboko yajyanwe ku kigo nderabuzima cya Gihara, hamwe na Bizumutima Jean w’imyaka 43 y’amavuko watemwe ku rutugu.

Amakuru agera ku intyoza.com ni ay’uko uyu watemye abantu akomoka mu karere ka Muhanga, Umurenge wa Mushishiro, Akagari ka Munazi ho mu Mudugudu wa Kiyoro. Biravugwa kandi ko ajya gutema aba bantu yari aturutse i Kigali, mu gihe umuhoro yabatemesheje bivugwa ko yawukuye ku musaza yatemye mbere.

Mwizerwa Rafiki, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Runda yahamirije intyoza.com ko aya makuru ari impamo. Avuga ko uyu mugabo watemye aba bantu yafashwe n’abaturage bakamushyikiriza umuyobozi. Avuga kandi ko inzego za Polisi na RIB zahise zitabara bwangu zigatwara uyu mugabo ndetse zigafatanya n’abaturage kugeza kwa muganga abatemwe.

Uyu mugabo uvugwa ko yitwa Habimana, ngo yinjiye bwa mbere mu rugo rw’umusaza Kamana aramutema(yaguye CHUK), ubwo yasohokaga ageze ku irembo nibwo yakubitanye n’uriya Mukarurangwa aramutema, yigiye imbere ahunga induru yavugirizwaga n’abaturage nibwo yahuye na Bizumutima amutema ku rutugu.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5827 Posts

Politiki

4078 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga