• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
16/09/25
Umwami w’ibikubo byo ku Bitego atahanye 1,175,360Rwf yashyizeho 10,000 mu isaha imwe gusa
16/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
16/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
16/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi

Kamonyi/Runda: Umurambo w’umusore wabonywe warashengukiye ku rusenge

Umwanditsi
July 20, 2019

Ahagana ku i saa Cyenda zishyira saa kumi z’igicamunsi cyo kuri uyu wa 20 Nyakanga 2019 mu Mudugudu wa Nyabitare, Akagari ka Ruyenzi ho mu Murenge wa Runda, umurambo w’umusore bigaragara ko umaze iminsi wasanzwe mu nzu yabagamo warangiritse, umanitse ku rusenge mu mugozi wa Supanet.

Ni Murugo rw’umugabo witwa Kaberuka Jean Claude aho uyu Nyakwigendera utaramenyekana imyirondoro umurambo we wasanzwe ku rusenge uhamaze iminsi bigaragara ko wangiritse.

Nyakwigendera, bivugwa ko yari amaze igihe cy’icyumweru acumbitse muri uru rugo ariko umurambo we wabonywe warangiritse, nta ntandaro y’urupfu rwe iramenyekana.

Umugore( Nyiri i nzu) muri uru rugo nyakwigendera yari acumbitsemo, ngo niwe wabonye amasazi menshi atumuka hanze amanuka ku nzu Nyakwigendera yabagamo ajya kureba, ageze ku rugi asanga amasazi menshi ahita abwira abaturanyi ba hafi aho, bahageze basanga umurambo wangirikiye ku rusenge mu mugozi w’inzitiramibu-Supanet.

Inzu nyakwigendera yabagamo.

Mwizerwa Rafiki, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Runda yahamirije intyoza.com ko aya makuru ari impamo. Avuga ko nk’ubuyobozi batabajwe bagatabara, ariko ko n’inzego zibishinzwe zatabajwe zikagera aho uyu murambo wabonetse ndetse izi nzego zikaba zikiri mu iperereza ryo kumenya intandaro y’urupfu rw’uyu Nyakwigendera.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5864 Posts

Politiki

4115 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1009 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

143 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga