• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
16/05/25
Kamonyi-Musambira: Imiryango 33 irimo 10 yabanaga mu makimbirane yasezeranijwe ihitira Mukikiziya
16/05/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Bakurikiranyweho gusambanya abana b’abakobwa barimo uwigaga P5 wabyaye
16/05/25
Kamonyi-Ngamba: Inkotanyi zakuye u Rwanda mu mwijima zizana Umucyo-Visi Meya Uzziel Niyongira
16/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge

Kamonyi: Abagizi ba nabi bibasiye Inka, Ihene n’urutoki baratema

Umwanditsi
July 21, 2019

Amatungo arimo inka n’ihene ndetse n’urutoki mu Murenge wa Ngamba, Akagari ka Kabuga byatemwe n’abagizi ba nabi mu ijoro rya Tariki 20 Nyakanga 2019, mu gihe Inka n’ihene byabonywe ku gasozi byatemwe kuri iki cyumweru Tariki 21 Nyakanga 2019 mu masaha ya mugitondo.

Abantu bataramenyekana biraye mu rutoki rw’umugabo witwa Gahamanyi Ezechiel, mu Mudugudu wa Cyimigenge, Akagari ka Kabuga, Umurenge wa Ngamba batema bakoresheje umuhoro intsina 36 zifite ibitoki n’izitabifite. Nyuma y’ubu bugome kandi hanatemwe Inka ndetse n’ihene.

Ihene yatemwe.

Amakuru y’ibi bikorwa by’ubugizi bwa nabi yemezwa n’ubuyobozi bw’Umurenge ndetse n’Akagari byabereyemo, aho Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ngamba Obed Niyobugingo yabwiye intyoza.com ko aya makuru ari impamo.

Gitifu Obed, avuga ko abakoze ibi bikorwa barimo gushakishwa ariko ko hari abakekwa bamaze gufatwa bagashyikirizwa RIB. Avuga kandi ko ku gicamunsi cy’iki cyumweru ubuyobozi buteganya kujya kugirana inama n’abaturage.

Emmanuel Mbonyubwabo, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kabuga kabereyemo ibi bikorwa by’ubugizi bwa nabi yabwiye intyoza.com ko bamenye amakuru y’itemwa ry’Inka n’Ihene ubwo nyiri aya matungo yabwiraga Mudugudu ko yabuze amatungo ye hanyuma mu gushakisha bakayabona ku gasozi yatemwe.

Intsina zararitswe hasi.

Avuga kandi ko ku by’urutoki rwatemwe babimenye mu gitondo cyo kuri uyu wa gatandatu aho bakeka ko ababikoze bitwikiriye ijoro ryo kuwa gatanu. Mu bakekwa harimo abantu bafashwe bakajyanwa muri Transit Center ( Ahajyanwa abakekwaho kunanirana n’imyitwarire itari myiza ngo bagororwe) kugororwa aho ngo baviriyeyo bakaba bashobora kuba babikoze nk’abihimura k’uwo bakeka ko yabatanzeho amakuru yatumye bafatwa ngo bajye kugororwa.

Ibikorwa nk’ibi by’ubugizi bwa nabi bije nyuma y’ibindi mu minsi ibiri gusa byavuzwe mu Murenge wa Runda aho umugizi wa nabi yateye mu rugo rw’umuturage agatema abantu batatu umwe bikamuviramo kuhasiga ubuzima. Ni nyuma kandi y’icyumweru mu Murenge wa Kayenzi naho Inka y’umuturage itemwe. Ubuyobozi buvuga ko imvano y’ubu bugome itaramenyekana, ko bagishakisha icyaba cyibyihishe inyuma.

Dore uko abagizi ba nabi bagize iyi nka.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

One Comment

  1. Glorien NIYONSENGA says:
    July 21, 2019 at 11:37 am

    Ibi bintu sibyirwanda kabisa…..
    Abantu bahindutse ababisha…Nibakurikirwanwe ubundi ubutabera butangwe.

Comments are closed.

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5798 Posts

Politiki

4049 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga