• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Abayobora ibigo bitwara abagenzi bibukijwe ko umuti w’impanuka ufitwe ahanini n’abashoferi

Umwanditsi
July 26, 2019

Ubwo abayobora ibigo bitwara abagenzi mu modoka bahabwaga amahugurwa na Polisi kuri uyu wa 25 Nyakanga 2019 ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku kacyiru, basabwe kwibutsa abashoferi babo kuzirikana amategeko agenga imikoreshereze y’umuhanda kuko ariwo muti w’ikibazo k’impanuka.

Aya mahugurwa yahawe abayobozi b’amakompanyi atwara abagenzi mu Rwanda, yari afite insanganyamatsiko igira iti “Ubuyobozi bwimakaza umutekano wo mu muhanda” akaba agamije guhindura imyitwarire n’imyumvire y’abakoresha umuhanda muri gahunda y’ubukangurambaga bwa “Gerayo Amahoro”.

Atangiza aya mahugurwa DIGP Namuhoranye yavuze ko ahanini ibyo twita impanuka biterwa n’amakosa akorerwa mu muhanda.

Yagize ati “Impanuka zo mu muhanda zishobora kwirindwa igihe cyose umushoferi yirinze imyitwarire mibi imushyira mu kaga we n’abo atwaye ndetse n’abandi bakoresha umuhanda. Impanuka ntabwo iteguza, niyo mpamvu mu gihe wicaye mu kinyabiziga utwaye, ukwiye kubahiriza amategeko y’umuhanda, kugira ngo abo utwaye ubashe kubageza aho bajya amahoro – aho kwifuza kubagezayo vuba.”

Yakomeje agira ati “Iyo umushoferi atwaye ikinyabiziga yasinze, afite umuvuduko ukabije, gutwara avugira kuri telefone, gutwara ananiwe, gukuramo akagabanya muvuduko, n’ibindi byinshi; ibi byose iyo wabikoze uba ufite umugambi wo kwica abo utwaye.”

DIGP Namuhoranye yavuze ko Polisi ihora ishaka ikintu cyose cyatuma impanuka zikumirwa akaba ariyo mpamvu mu gihe gito cyane itangiza ibindi bigo bisuzuma ubuziranenge bw’ibinyabiziga bigera kuri bine. Ati “Impamvu dushaka kwegereza abaturage aho basuzumisha ubuziranenge bw’ibinyabiziga ni ukugira ngo tubashe gukumira impanuka zimwe na zimwe zishobora guterwa no kudakoresha ubuziranenge bw’ikinyabiziga.”

Yongeyeho ko bidakwiye k’umushoferi cyangwa nyiri modoka arangamira cyane ku mafaranga akica amategeko agenga umuhanda kuko iyo ayishe agera imbere agasanga ya mafaranga yakunze cyane atumye ubuzima bwabo yari atwaye abushyize mu kaga ndetse n’ubwe.

Yasoje ababwira ko ubushake n’ubufatanye aribwo buzatuma imyitwarire n’imyumvire y’abakoresha umuhanda cyane cyane abashoferi ihinduka.

Umuyobozi wa A.T.P.R , Mwunguzi Theoneste yavuze ko bagiye gufata ingamba zituma imyumvire y’abashoferi ihinduka mu rwego rwo kwirinda impanuka .

Yagize ati “Abashoferi bacu bagira igihe cyo kuruhuka kugira ngo baze gukomeza akazi bameze neza ariko hari bamwe mu bashoferi bahabwa akanya ko kuruhuka ariko ntibagakoreshe uko bikwiye bakigira mu bindi baza mu kazi bakaba bafite umunaniro, nka A.T.P.R twashyizeho ingamba iyo umushoferi afashwe ataruhutse kandi yagombaga kuruhuka arabihanirwa, ni muri urwo rwego tugiye kurushaho kubishyiramo imbaraga kugira ngo impanuka zikumirwe.”

Mwunguzi, asaba ubufatanye kuri buri wese bireba gukurikirana umushoferi imyitwarire ye mu rwego rwo kwirinda impanuka zo mu muhanda.

Nkusi Godfrey umuyobozi wa RITCO yavuze ko nka kampani itwara abagenzi mu Ntara bashyizeho ahantu abashoferi baruhukira mu rwego rwo kugira ngo babashe gukora akazi kabo neza,utabyubahirije arabihanirwa.

Amategeko y’umuhanda yubahirijwe neza impanuka zakumirwa maze buri wese wafashe urugendo akagera iyo ajya amahoro.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga