• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Ubukangurambaga bwo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina bwakomereje kubarikorewe

Umwanditsi
July 27, 2019

Icyumweru cya kabiri cyahariwe kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’inda ziterwa abana, mu kwezi kwahariwe ibikorwa bya Polisi, kuri uyu wa 26 Nyakanga 2019 mu karere ka Gakenke mu murenge wa Nemba habereye amahugurwa ku bana 100 bahuye n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina barikumwe n’ababyeyi babo ndetse n’abandi baturage.

Aya mahugurwa afite insanganyamatsiko igira iti “Twubake umuryango twifuza dukumira ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana”,umushyitsi mukuru yari umuyobozi w’akarere ka Gakenke Nzamwita Deogratias arikumwe na Commissioner of Police (CP) Bruce Munyambo umuyobozi w’ishami rya Polisi rishinzwe guhuza ibikorwa bya Polisi n’abaturage n’abandi bayobozi batandukanye.

Umuyobozi w’akarere ka Gakenke Nzamwita Deogratias yashimiye Polisi ubufatanye igaragaza mu kuzamura imibereho myiza y’abaturage.

Yagize ati “Turashimira Polisi y’u Rwanda uburyo idahwema kwegera abaturage, haba mu buryo bwo kubacungira umutekano wabo n’ibyabo ndetse ikagira n’uruhare mu kuzamura imibereho myiza yabo.”

Meya Nzamwita yagarutse ku kwezi kwahariwe ibikorwa bya Polisi irimo gukora hirya no hino mu gihugu by’umwihariko asaba abaturage ba Gakenke kubigiramo uruhare no gukomeza kubyubakiraho baharanira kwiteza imbere.

Yavuze ko mu karere ka Gakenke hari abana bagera ku 179 batewe inda, aboneraho gusaba ababyeyi kwita k’uburere bw’abana babo babakangurira kwirinda ababashora mu ngeso z’ubusambanyi n’ibindi byaha byabaviramo gutwara inda batateganije. Yabasabye kandi kudahishira abatera inda abana kimwe n’abandi bakora ibyaha bitandukanye.

CP Munyambo yashimiye ubafatanye n’imikoranire myiza akarere ka Gakenke kagaragaje muri uku kwezi kwahariwe ibikorwa bya Polisi.

Yagize ati “Turashimira ubufatanye abaturage n’abayobozi b’akarere ka Gakenke mwatugaragarije muri uku kwezi kwahariwe ibikorwa bya Polisi. Turabasaba gukomeza ubu bufatanye mukumira ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’inda ziterwa abana kugira ngo twubake umuryango twifuza.”

Yasabye ababyeyi bafite abana bakorewe ihohoterwa kutabatererana ahubwo bakagerageza kubaba hafi mu rwego rwo kubarinda kwigunga. Yakomeje asaba ababyeyi n’inzego zitandukanye mu gufata iya mbere mu kurwanya ibyo bikorwa bibi by’ihohotera rigaragara mu miryango.

CP Munyambo yavuze ko Polisi itazahwema gukomeza gufatanya n’abaturage mu bikorwa byo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina cyane cyane inda ziterwa abana ndetse n’ibindi bikorwa bitandukanye bigamije kuzamura imibereho myiza y’abaturage mu rwego rwo gukomeza gushimangira imikoranire myiza.

Twabibutsa ko mu bice bitandukanye by’igihugu hakozwe urugendo rugamije kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’inda ziterwa abana.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga