• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Umwiherero: Min. Shyaka yasabye ko Ibisubizo ku bibazo by’umuturage biva mu mpapuro na Minisiteri

Umwanditsi
July 29, 2019

Mu mwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi batandukanye mu Ntara y’Amajyepfo n’abafatanyabikorwa uri kube I Kabgayi, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Prof. Shyaka Anastase kuri uyu wa 28 Nyakanga 2019 yasabye ko ibisubizo by’ibibazo bibangamiye imibereho y’umuturage biva mu mpapuro bikamusanga mu murima no mu mibereho ye.

Prof. Shyaka Anastase, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu yabwiye abitabiriye umwiherero ko nta gisubizo kidahari, haba ku bibazo bishingiye ku macumbi y’abatishoboye batagira aho baba bimaze imyaka, byaba ibijyanye n’ubuhinzi n’ibindi bigoye imibereho y’umuturage. Asaba ahubwo ko bikurwa mu mpapuro na za Minisiteri bikegerezwa umuturage, ariko kandi bigakorwa mu bufatanye bw’inzego zitandukanye.

Abayobozi batandukanye bagize uruhare mu gutanga ibiganiro muri uyu mwiherero.

Ati“ Ibisubizo birahari. Ibisigaye ni ugukorana kw’inzego no kwegera abaturage ku buryo ibyo bisubizo bihari bigera ku muturage. Ntibibe ibisubizo byo mu mpapuro no muri za Minisiteri gusa, ahubwo ibisubizo bigere ku muturage no mu murima we”.

Kubijyanye n’ubuhinzi by’umwihariko, Minisitiri Shyaka avuga ko kugira ngo umuturage yeze ndetse asarure hari ibisabwa bitandukanye haba kuri we, ubutaka buhingwa harimo ifumbire n’ibindi. Avuga ko ibi byose bitabuze, ko ahubwo hakenewe imikoranire y’inzego ifasha mu kugira ngo ibisubizo bimanuke bigere no mu murima w’umuturage no mu mibereho ye.

Gahunda zizamura imibereho y’umuturage nk’Ubudehe na VUP ntizikwiye kuba indiri y’abafite akaboko karekare:

Minisitiri Shyaka, avuga kandi ko gahunda zigamije kuzamura imibereho myiza y’abaturage nka VUP, Ubudehe n’izindi zidakwiye kuba igicumbi cy’abanyakaboko karekare, za ruswa n’imikorere idasobanutse. Avuga ko ibyo bikwiye guhagarara.

Min. Shyaka ibumoso na Governor CG Gasana.

Ati“ Izi gahunda zizamura imibereho y’abaturage ze kuba igicumbi cyangwa indiri y’abanyakaboko karekare, za ruswa n’imikorere idasobanutse. Ibyo bigomba rwose gucika kandi ni ibintu bishoboka”. Akomeza avuga ko ahazajya hagaragara ubu budakemwa bwacagase, aho kugira ngo umuturage abure kugerwaho na gahunda zimugenewe, aba bayobozi baba bakoze amakosa bazajya bafatirwa ibyemezo.

Uyu mwiherero w’abayobozi ku rwego rw’Intara y’Amajyepfo wahawe insanganyamatsiko igira iti” Kwihutisha Serivise bigamije imiyoborere y’impinduramatwara”. Ni umwiherero ahanini ugamije ukwisuzuma kw’inzego zitandukanye ziwurimo. Abawitabiriye baraye bageze aho ubera ku mugoroba wa Tariki 27 Nyakanga 2019, aho biteganijwe ko bwusoza kuri uyu wa mbere ku mugoroba.

Mu bitabiriye uyu mwiherero barimo; Abayobozi b’Uturere tugize Intara y’Amajyepfo, Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Imirenge, Biro ya Njyanama mu turere, Abahagarariye Urugaga rw’Abagore-CNF, Abahagarariye urugaga rw’Urubyiruko-CNJR, ba Gitifu b’Uturere na ba DM, bamwe mu bayobozi b’amashami y’imirimo ku rwego rw’Akarere, Abayobozi ku rwego rw’Intara batandukanye n’abandi.

 

 

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga