• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Polisi ishinzwe umutekano wo mu mazi yafashe abantu barenga 160 n’ibikoresho 5,300 by’uburobyi

Umwanditsi
August 4, 2019

Polisi ihora iburira abantu kwirinda ibikorwa bikorerwa mu mazi mu buryo bunyuranyije n’amategeko, irwanya ibikorwa byangiza inyamaswa zo mu mazi n’ishyirwa mu kaga ry’ubuzima bw’abantu. Hagati ya Mutarama na Nyakanga 2019 hafashwe abantu barenga 160 n’ibikoresho b’uburobyi bakoreshaga mu buryo butemewe n’amategeko.

Umuyobozi w’ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu mazi, Assistant Commissioner of Police (ACP) Elias Mwesigye avuga ko kongera ibikorwa bikorerwa mu mazi ahantu hose hatandukanye mu gihugu byatumye hafatwa abantu barenga 160 hagati ya Mutarama na Nyakanga uyu mwaka wa 2019.

Yagize ati “Twafashe ibikoresho bitemewe mu burobyi birenga 5,300 mu gihe kimwe.”

ACP Mwesigye akomeza asobanurira anigisha abantu ibijyanye n’amategeko, uburobyi bwemewe n’ubutemewe, umutekano wo mu mazi n’akamaro kawo.

Ati “Gusobanukirwa neza ibijyanye n’umutekano wo mu mazi bigaragazwa n’igabanuka ry’impanuka za hato na hato ziterwa n’ibikoresho bitajyanye n’igihe, kutagira umwambaro w’ubwirinzi n’ibindi byangombwa byose by’amazi.”

Imibare igaragazwa na Polisi yerekana ko nibura abantu 65 bazize impanuka zo mu mazi mu mezi arindwi ya mbere y’uyu mwaka.

Umuyobozi  w’ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu mazi avuga ko  akenshi izo mpfu zo mu mazi ziterwa ahanini n’abana bakoresha ibiyaga n’imigezi badaherekejwe, ubumenyi buke mu koga, ikoreshwa ry’ubwato butujuje ubuziranenge,  ibura ry’imyambaro yabugenewe, ubusinzi, kwiyahura n’ibindi.

Akomeza gusobanura ko ubuso bw’agace k’amazi kagenzurwa na Polisi ari  bugari, cyane cyane usanga ibyaha byo mu mazi bikunze kugaragara mu kiyaga cya Kivu.

Avuga ko 96% by’uburobyi butemewe n’amategeko bukorerwa mu kiyaga cya Kivu.

Yagize ati “Kongera ibikorwa hamwe n’ubufatanye bw’ubuyobozi bw’ibanze, bigamije gukangurira abaturiye amazi, abarobyi n’abagenzi, kurwanya magendu n’ibiyobyabwenge bigaragara cyane cyane mu kiyaga cya Kivu, ndetse no kubahiriza guhinga muri metero 50 uvuye ku mazi.”

U Rwanda rufite ibiyaga 34, bitatu muri byo rubihuriyeho n’ibihugu by’ibituranyi. Ikiyaga cya Kivu u Rwanda rugihuriyeho na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, naho Rweru na Cyohoha u Rwanda rubihuriyeho n’igihugu cy’u Burundi.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga