• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
18/09/25
Gisagara: Polisi yashimiye Clubs zishinzwe gukumira ibyaha mu mashuri(anti-Crime Clubs in school)
18/09/25
Kamonyi-Ngamba: Amakuru intyoza.com yamenye ni uko Polisi yarashe Amabandi atatu yasanze arimo gutema no kwambura Abaturage
18/09/25
Ku biceri 200 gusa, Umunyamahirwe muri FORTEBET yatsindiye 1,296,945RWF
18/09/25
Kamonyi-Kayenzi: Barishyuye, Imyaka irasaga 5 batazi ikitambitse urugendo rujya ku Mulindi w’Intwari

Padiri w’I Nyamata yanditse asaba imbabazi nyuma yo kubuza Abakirisitu gutaha ubukwe mu yandi madini

Umwanditsi
August 12, 2019

Padiri mukuru wa Paruwase Gatolika Mwamikazi w’Intumwa y’I Nyamata ho mu karere ka Bugesera ku mugoroba w’iki cyumweru Tariki 11 Kanama 2019 yanditse ibaruwa asaba imbabazi ku cyemezo yari yafashe kibuza abakirisitu bo muri Paruwase ye gutaha ubukwe mu yandi madini n’amatorero. Yakuyeho kandi icyemezo cya mbere. Ibi bije nyuma y’ijambo rya Minisitiri Shyaka Anastase wamaganye iki cyemezo avuga ko kibangamiye ubumwe bw’Abanyarwanda.

Padiri Emmanuel Nsengiyumva, mu ibaruwa ye ikuraho icyemezo yari yafatiye abakirisitu bo muri Paruwase ayobora cyo kudataha ubukwe mu yandi madini n’amatorero yanasabye imbabazi ku muntu wese iki cyemezo cyaba cyarabangamiye.

Kwandika ibaruwa ikuraho icyemezo yari yafatiye abakirisitu mbere akaba anasaba imbabazi, ntabwo byizanye kuko abikoze ku gitutu gituruka ku ijambo Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Prof. Shyaka Anastase yavuze yamagana ifatwa ry’iki cyamezo avuga ko kibangamiye Ubumwe n’ubwiyunge bw’Abanyarwanda.

Prof. Shyaka Anastase, Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu nk’uko iyi nkuru dukesha Kigali Today ibivuga, yamaganye ibyo gusaba uruhusa kugira ngo wemererwe gutaha ubukwe bw’undi muntu. Ibi yabivuze ubwo yifatanyaga n’abakirisitu b’Itorero rya EPR mu gusoza igiterane ngarukamwaka gihuza abakirisitu b’iri torero n’abashumba mu karere ka Rwamagana.

Yagize ati“ Igihugu cyacu twiyemeje kurwanya amacakubiri ayo ariyo yose kandi dukomeye ku ihame ry’ubumwe n’ubwiyunge. Ntitwakwemera ibyo kubwira Abanyarwanda ngo ntujye kwa mugenzi wawe kuko mudahuje ukwemera. Twubahe Igihugu n’amahame remezo yacyo”.

Ibaruwa yanditswe na Padiri Emmanuel Nsengiyumva.

Minisitiri Shyaka, yasabye amadini kwirinda ikintu cyose cyakubakirwaho amacakubiri mu Banyarwanda, cyaba gishingiye ku moko, ku gitsina, ku madini cyangwa ikindi. Yasabye kandi ihuriro ry’amadini n’amatorero ko ryakora ku buryo barushaho gukorana kuva hejuru kugera hasi, kugira ngo ibyemezo bifatwa bibe biri mu nyungu za benshi himakazwa ihame ry’ubumwe bw’Abanyarwanda.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5869 Posts

Politiki

4120 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1011 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

144 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga