• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
02/11/25
Kamonyi-Gacurabwenge: Polisi yataye muri yombi Itsinda ry’Abantu 5 barimo Umugore bakekwaho ubugizi bwa nabi
02/11/25
Kamonyi-GS Ruramba:“ Ishuri ryanjye, Urukwavu rwanjye”, Umushinga wo gukundisha abana Ishuri
02/11/25
Muhanga: Itsinda ry’abakekwaho ibikorwa by’Ubugizi bwa nabi batawe muri yombi
02/11/25
Kamonyi-Musambira/HC: Nyuma y’Amezi asaga 8 basa n’abakorera mu manegeka, mu Buhungiro bagarutse

Minisitiri Mukabaramba asanga gufasha umuturage utishoboye bidakwiye guhuzwa n’ibyiciro by’Ubudehe

Umwanditsi
August 15, 2019

Mu kiganiro n’itangazamakuru kuri uyu wa Gatatu tariki 14 Kanama 2019 nyuma ya Raporo y’Ubushakashatsi bwa Transparency International Rwanda ku byiciro by’ubudehe, Umunyamabanga wa Leta muri MINALOC, Mukabaramba Alivera yatangaje ko nta mpamvu yo guhuza ubufasha buhabwa umuturage utishoboye n’ibyiciro by’Ubudehe.

Dr Alivera Mukabaramba, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ushinzwe imibereho y’Abaturage avuga ko gufasha umuturage utishoboye bidakwiye gushingira ku cyiciro by’Ubudehe abarizwamo.

Abajijwe n’umunyamakuru niba nta gahunda ihari yo gutadukanya ubufasha bugenerwa abaturage batishoboye n’ibyiciro by’Ubudehe babarizwamo nk’uko byari bisanzwe, MoS Mukabaramba yagize ati“ Nubundi ntabwo bigomba guhuzwa. Ntabwo bigomba guhuzwa, buriya kumva ko umuntu ari mucyiciro runaka agomba kurihirwa amashuri nta nubwo ari nabyo, kuko ntabwo ugomba kumva ngo uri mucyiciro cya mbere kuko n’uri mu cyiciro cya gatatu ashobora kugira ikibazo cyo kurihira abana barenze babiri”.

Akomeza ati” Ibyo birahari byo kumva ngo hari gushyira abantu mu byiciro ariko hari na Criteria- Ibyo uje gufasha yakagombye kureba ngo ndafasha bande, kuko ushobora gufasha abo mu cyiciro cya mbere, icya kabiri n’icya Gatatu”.

Umunyamabanga wa Leta muri MINALOC, Dr mukabaramba Alivera avuga ko ivugururwa rijyanye no gushyiraho ibyiciro bishya rikomeje, aho abaturage bagenda babisobanurirwa. Gusa avuga ko igihe bizatangira gushyirwa mu bikorwa kitaramenyekana, ko imirimo irimo gukorwa nirangira bizashyikirizwa inama y’Abaminisitiri hanyuma bikabona gutangazwa.

Mu bushakashatsi bwakozwe na TI Rwanda nubwo MoS Mukabaramba yagaragaje ko harimo ibyo atemera, abaturage  40% mubabajijwe babuze Serivise bari bakeneye kubera ibyicoro by’Ubudehe mu gihe 20% bahawe Serivise zitabagenewe bitewe n’ibi byiciro by’Ubudehe. Transparency International Rwanda yanagaragaje ko 2% by’abaturage bahamije ko ibyiciro by’Ubudehe bicyuye igihe byagaragayemo Ruswa.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5903 Posts

Politiki

4154 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1026 Posts

Imyidagaduro

85 Posts

Imikino

151 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga