• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
07/11/25
Kamonyi-Karama: Operasiyo ya Polisi yavumbuye ahengerwa‘Muriture’ n’abakekwaho ibindi byaha
07/11/25
Kamonyi-Karama: Polisi yataye muri yombi Abagabo 2 bakekwaho gucuruza no gukwirakwiza Ibiyobyabwenge
07/11/25
Kamonyi-Kayumbu/EP Giko: Hatashywe ibyumba by’amashuri 10 bakurwa mu gisa na Nyakatsi
07/11/25
Ipari yakoze ku bikubo ku mukino wose ndetse n’Ibitego byamuhesheje akayabo ka 1,531,607Frws

Umupilote yirwanyeho agusha indege mu murima w’ibigori nyuma yo kugonga inyoni

Umwanditsi
August 15, 2019

Inde itwara abagenzi yo mu bwoko bwa Airbus 321 ya kompanyi ya Ural Airlines kuri uyu wa 15 Kanama 2019 ubwo yari itwaye abagenzi 233 mu gihugu cy’u Burusiya yerekeza Simferpol mu kirwa cya Crimea yakoze impanuka mu kirere igongana n’itsinda ry’inyoni zo mu bwoko bw’inuma.

Mu gukora iyi mpanuka, iyi ndege ubwo yari igihaguruka yagonganye n’itsinda ry’inyoni zahise zijya muri Moteri yayo iby’urugendo mu kirere biba ibindi kuko Moreti zahise zigira ikibazo, abapilote bayo bahita birwanaho bayigusha ku butaka mu murima w’ibigori. Nta mugenzi yahitanye uretse 23 mubo yari itwaye bakomeretse.

Aho iyi ndege yaguye mu murima w’ibigori nk’uko BBC dukesha iyi nkuru ibivuga ngo abagenzi n’abakozi bayo basiganwe buri wese ayivamo yiruka asha gukiza amagara ye bikanga ko ishobora guturika ibintu bikaba bibi kurushaho.

Ikigo gishinzwe iby’ubwikorezi bwo mukirere Rosaviastsia gitangaza ko iyi ndege yaguye ahantu mu murima ku ntera ya Kilometero imwe uvuye mu muhanda wayo w’ikibuga cy’indege mpuzamahanga cya Zhukovsky.

Nyuma yo kugera hasi, abagenzi bahise bavanwa mu ndege, bamwe muribo bahita berekezwa mu bitaro kuvurwa naho abandi basubizwa ku kibuga cy’indege ngo bakomeze urugendo.

Minisiteri y’Ubuzima mu Gihugu cy’u Burusiya itangaza ko abana batanu bari mu bashyizwe mu bitaro ngo bavurwe, mu gihe ivuga kandi ko muri aba bakomeretse harimo abarembye n’abatarembye.

Kugongana kw’indege n’inyoni mu ngendo zo mukirere ngo si ibintu bidasanzwe kuko nko muri Amerika honyine habarurwa uku kugongana inshuro ibihumbi ku mwaka, uretse ko ngo ari gake cyane biteza impanuka.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5907 Posts

Politiki

4158 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1029 Posts

Imyidagaduro

85 Posts

Imikino

152 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga