• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
11/05/26
Ngamba-Kwibuka32: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi barashima ko gusaba kwabo kumviswe nyuma y’imyaka 32
11/05/26
Kamonyi-Kwibuka32: Urugaga rw’Abikorera/PSF rwiyemeje kubakira abarokotse Jenoside batishoboye, inzu 4
11/05/26
Runda: Abanyerondo 270 barimo Abagore 13 bambitswe impuzankano(Uniform)nshya, basabwa kudakangwa n’Abanyabyaha
11/05/26
Mu itangazamakuru haracyarimo icyuho ku gukora inkuru ku ngengo y’Imari- Fulgence/FOJO

Kamonyi: Ahitwaga Mugihigi habaye aho bashakira ubuzima nyuma y’imyaka 25 yo kwibohora

Umwanditsi
August 16, 2019

Umubyeyi Kamagaju Eugenie, utuye mu Kagari ka Gihinga, Umudugudu wa Ryabitana ho mu Murenge wa Gacurabwenge avuga ko nyuma y’imyaka 25 yo kwibohora ndetse n’umurongo wa Politiki y’ubuyobozi bwiza buzamura umuturage, ahahoze hitwaga Mugihigi habarizwa abarwaye amavunja, abanyamwanda n’ababayeho nabi hahindutse ahashakirwa Ubuzima.

Umubyeyi Kamagaju aganira n’intyoza.com ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 16 Kanama 2019 yavuze ko mbere ya Jenoside aka gace kitwaga Mugihigi ariko ubu ka kaba karimo ibikorwa by’iterambere bitandukanye ndetse n’ibiro byAkarere ariho byubatse ngo uyu munsi kabaye agace gasobanutse bise aho bashakira ubuzima( ahahigirwa ubuzima).

Ati” Aha hantu mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi hitwaga Mugihigi, hari hatuye abantu b’amavunja, hari inzu z’ibyatsi, hari abantu b’abanyamahane batoga, basinda ariko uyu munsi nyuma y’imyaka 25 yo kwibohora kubera iterambere dukesha Perezida Paul Kagame hitwa Mugihigiro, hahigirwa ubuzima, hashakirwa ubuzima niko hasigaye hitwa”.

Kamagaju, akomeza ati ” Hari byose. Hari Akarere, hari urukiko, Amashuri, amavuriro(hegereye Ikigo nderabuzima cya Kamonyi ariko banafite Poste de Sante), Hari Umurenge n’inzego z’ubuyobozi zubatse neza. Hari amazu meza n’ibikorwaremezo nk’amazi n’amashanyarazi, hari umuhanda wa Kaburimo uhanyura, hari urukiko hari MAJ umukozi wese arakora akabaho neza agafasha n’abandi, mbere ibikorwa byiza byarahegerejwe bituma amateka yo Mugihigi ahinduka haba ahahigirwa cyangwa Ahashakirwa Ubuzima”.

Uretse kuba aka gace avuga ko karimo abakozi batandukanye baba aba Leta n’abigenga, anavuga ko n’abaturage basanzwe batagira akazi kabahemba umushahara uhoraho ngo bafite ubutaka bahinga bakeza, abandi bagakora ubucuruzi n’ibindi bibinjiriza bitari uguhiga nk’ibyahakorerwaga cyera.

Umubyeyi Kamagaju, avuga ko aka gace kubatsemo ibiro by’Akarere ndetse karimo iterambere ryihuse rigaragarira umuhisi n’umugenzi, mu myaka 25 ishize kabarizwagamo abahigi ariko ngo uyu munsi ntabwo bagihiga nka cyera. Avuga ko amateka y’imiyoborere myiza yatumye basirimuka bakubaka amazu meza, barakaraba baracya hanyuma kandi ngo baturanye n’abandi beza bafatanije mu guhindira ubuzima. Ahamya ko uyu munsi uhatembereye ukahareba utahaherukaga ngo uretse kugira ukuyobora nta kindi cyatuma uhamenya kuko imibereho y’ubuzima mu buryo butandukanye yarahindutse.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5962 Posts

Politiki

4210 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1051 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga