• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
15/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy
15/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: Ikipe y’Abakanyujijeho mu Mavubi(FAPA) yageze ku mukino wa nyuma itsinze Arsenal Forever
15/06/25
Kamonyi-Rugalika: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubujura bwo gutegera abantu mu nzira no gutobora inzu

Kamonyi: Guverineri CG Gasana yasabye ko Siporo rusange ( Car Free Day) ihabwa agaciro

Umwanditsi
August 19, 2019

Umuyobozi w’intara y’Amajyepfo CG Emmanuel K. Gasana kuri iki cyumweru Tariki 18 Kanama 2019 yifatanije n’Abanyakamonyi by’umwihariko Abanyerunda, Rugalika na Gacurabwenge muri Siporo rusange( Car Free day). Yasabye ko iba gahunda ya buri wese nk’uko yashyizweho na perezida Kagame.

CG Emmanuel K.Gasana, Guverineri w’Intara y’Amajyepfo yasabye Ubuyobozi bw’Akarere n’Abaturage muri rusange ko iyi Siporo izwi nka Car free Day iba iya buri wese, igahabwa agaciro nk’uko umukuru w’Igihugu yabitanzeho umurongo akanasaba ko byubahirizwa ndetse nawe akaba ayitabira mu rwego rwo kuyihesha agaciro.

CG Gasana, yabwiye intyoza.com ko kuza kwifatanya n’Abesamihigo ba Kamonyi biri mu rwego rwo gusuzuma aho bageze bashyira iyi gahunda mu bikorwa ariko kandi bikaba no mu rwego rwo gushishikariza abantu kuyitabira.

Ati“ Intara twaje mu Besamihigo ba Kamonyi mu gusuzuma aho bageze babishyira mu bikorwa ariko dufite n’ubukangurambaga bwo kugira ngo babyitabire, bitabire Siporo”. Akomeza avuga ko yasanze buri wese mu cyiciro arimo kuva ku bato kugera kubasheshe akanguhe bafite ubushake bwo kwitabira, ko bafite aho bakorera ndetse n’ibikoresho. Asaba ko hashyirwa imbaraga mu bukangurambaga aho buri wese yumva ko kwitabira iyi Siporo rusange bimufitiye inyungu.

Guverineri Gasana, yibukije abitabiriye iyi Siporo ko ifitanye isano ya bugufi n’izindi gahunda za Leta nk’Isuku n’isukura, Ibijyanye n’ubuzima, Ibijyanye n’amarushanwa muri Siporo, Kwirinda ibiyobyabwenge n’ibisindisha na gahunda zitandukanye zifasha mu iterambere ry’igihugu. Yabibukije ko Siporo ari ingenzi mu buzima bwa muntu.

Uretse Siporo, Umuyobozi w’Intara y’Amajyepfo SG Gasana yabwiye intyoza.com ko Intara itari habi ugereranije n’icyerekezo cy’aho Umukuru w’Igihugu yifuza ko Umunyarwanda aba ari. Ashimangira ko Intara iri mu muvuduko aho barwana no kuva aho bari bari hatari heza mu bihe byashize.

Ati” Igihe gishize ntabwo byagenze neza, ubungubu turakora uko dushoboye kose ku gira ngo tuve aho twari turi hatari heza mu byiciro bitandukanye byo gushyira mu bikorwa gahunda za Leta bijyanye n’Imiyoborere, Imitangire ya Serivisi, Gukora byinshi kandi byiza, Kwegera abaturage, ndavuga gushyira umuturage ku isonga, kugerageza gukemura ibibazo byabo by’imibereho myiza, Imiyoborere myiza, Umutekano, n’ibindi byose byabateza imbere. Ntabwo turihuta nk’uko tubishaka ariko turi mu muvuduko”.

Abitabiriye Siporo rusange (Car Free Day) bayitangiriye ku kibuga cya Runda mu masaha y’I Saa kumi n’ebyiri z’igitondo berekeza Bishenyi, bagaruka ku kibuga cya Runda barakora, nyuma baganira na Guverineri basoreza ku kwipimisha bareba uko bahagaze, aho bapimwe ibiro, uburebure n’ibijyanye n’umuvuduko w’amaraso.

CG Gasana arimo gufatwa ibipimo nyuma ya Siporo.

 

Mayor Kayitesi bamufata ibipimo.

 

 

Dr Jaribu Theogene / Umuyobozi w’ibitaro bya Remera-Rukoma afasha abitabiriye Siporo kumenya uko bahagaze.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5816 Posts

Politiki

4067 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga