• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

PSP ikomeje gahunda yo guha amakuru abayoboke bayo ku buzima na politiki by’Igihugu

Umwanditsi
August 19, 2019

Ishyaka ry’ubwisungane bugamije iterambere PSP, rikomeje gahunda y’amahugurwa agamije guha ubumenyi n’amakuru abayoboke baryo, ku buzima bw’Igihugu no mwiterambere ryabo.

Kuwa 17 Kanama 2019, abahuguwe ni ni abagize komite nyobozi z’uturere n’intara ku rwego rw\’Intara y’Amajyepfo.

Bahuguwe ku mategeko agenga imitwe ya politiki n’amatora mu Rwanda, hagamijwe kubaha amakuru ku matora y’abagize Inteko Ishinga Amategeko Umutwe wa Sena arimo gutegurwa mu Rwanda.

Banahuguwe kandi kuri gahunda y’imiyoborere, imibereho myiza n’iterambere hamwe no kuri politiki z’ishyaka ryabo.

Perezidante w’iri shya Depite Kanyange Phoebe akaba avuga ko icyo gikorwa kiri muri gahunda ndende y’ishyaka yo guha amakuru n’ubumenyi abarwanashyaka babo, kugira ngo bagire uruhare rugaragara mu buzima bw’Igihugu.

Ati “PSP yihaye gahunda yo kumenyekanisha gahunda zayo n’iza leta mu barwanashyaka bayo, kuko kutamenya amakuru ari inzitizi ikomeye yo gutera imbere no kuzamura Igihugu”.

Akomeza avuga ko bibanda cyane cyane ku rubyiruko n’abagore, nk’ibyiciro by’abanyarwanda bifite uruhare runini mu kuzamura igihugu.

Kongera ibikorwa by’ubwisungane mu mibereho myiza y’abaturage nka dusasirane, ubworozi, ubuvuzi n’ibindi, ni bimwe mubyo abarwanashyaka ba PSP bitabiriye ayo mahugurwa basabwe kongeramo imbaraga mu kuzamura imibereho myiza y’abaturage.

Iribagiza Joselyne witabiriye ayo mahugurwa ashima ubumenyi bahabwa, akanavuga ko bubafasha nabo gufasha abaturanyi babo. Ati “hari amakuru tuba tudafite, kandi dushinzwe gufasha abandi tuyobora n’abo tubana aho dutuye. Amahugurwa atuma tumenya aho igihugu kigeze, ndetse tukahakura ubumenyi budufasha guteza imbere ibikorwa biri mu ntego zacu, hamwe na politiki y’Igihugu muri rusange”.

Abagize-bureau-yishyaka-PSP.

PSP, Ishyaka ry’Ubwisungane bugamije iterambere, ni rimwe mu mashyaka agize ihuriro ry’imitwe ya politiki yemewe mu Rwanda.

Ernest Kalinganire

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga