• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Central Africa: Umuyobozi wa MINUSCA yasuye itsinda rya Polisi y’u Rwanda ribungabunga amahoro

Umwanditsi
August 24, 2019

Kuri uyu wa 23 Kanama 2019, Umuyobozi w’ibikorwa bya LONI bigamije kubungabunga amahoro muri Repubulika ya Central Africa (MINUSCA) yasuye itsinda ry’abapolisi b’u Rwanda bari mu bikorwa byo kubungabunga amahoro n’umutekano bafite icyicaro mu mujyi wa Bangui.

Uru ruzinduko rw’umuyobozi wa MINUSCA Brigadier Gen Coulibaly Bamoro rugamije kugenzura imikorere n’imikoranire y’amatsinda y’abashinzwe umutekano muri iki gihugu, hanarebwa inzitizi zihari kugira ngo zibashe gukurwaho.

Uyu muyobozi yari aherekejwe na Maj. Ahmad Abdel Salam Aladwan na Lt. Col Ngom Aissatu umujyana mu by’uburinganire.

Aba bayobozi ba MINUSCA bakiriwe na Senior Superintendent of Police (SSP) Alex Fata, umuyobozi wungirije w’itsinda ry’abapolisi b’u Rwanda bafite inshingano zo kurinda umutekano w’abayobozi bakuru b’igihugu cya Central Africa n’ab’umuryango w’abibumbye bakorera muri iki gihugu (PSU 1-IV)

SSP Fata aganira n’aba bayobozi yagarutse k’ubushobozi bw’itsinda yajyanye naryo, imikorere yaryo ndetse no kunzitizi bagiye bahura nazo kuva batangira ibikorwa bigamije kubungabunga amahoro n’umutekano i Bangui mu kwezi kwa mbere.

Ati “Dushimira inkunga MINUSCA idahwema kutugezaho ndetse n’uko muduhoraha hafi kugira ngo tubashe kunoza inshingano zacu. Ubufatanye butajegaje mufitanye n’u Rwanda mu bikorwa nk’ibi bya LONI bigamije kubungabunga amahoro turabushima.”

Yunzemo ati “Tuzakomeza gushyira imbaraga mu kunoza inshingano zacu hagendewe k’ubushobozi n’ubunararibonye dusanganywe ari nabyo bituma dutunganya neza imirimo twahamagariwe muri kino gihugu.”

Brigadier Gen. Bamoro yashimiye ubwitange n’uruhare rukomeye inzego z’umutekano zoherejwe n’u Rwanda zikomeje kugaragaza mu bikorwa byo kugarura amahoro n’umutekano muri Central Africa.

Ati “Dushimira ubwitange, ubufatanye n’imyitwarire myiza biranga abahagarariye u Rwanda muri ibi bikorwa byo kugarura amahoro muri iki gihugu. Inzitizi muhura nazo murazihanganira, ntizibabuze kunoza inshingano mwahamagariwe, tukaba tubibashimira cyane.”

Brigadier Gen. Bamoro yasabye iri tsinda gukomeza kurangwa n’ubushake ndetse n’ubufatanye kugira ngo rikomeze gufasha umuryango w’abibumbye kugera ku ntego zawo muri iki gihugu.

U Rwanda rwatangiye kohereza abapolisi mu bikorwa bya LONI bigamije kugarura amahoro n’umutekano muri Central Africa mu mwaka wa 2014. Nyuma y’umwaka umwe, hatangiye koherezwayo itsinda ry’abapolisi bashinzwe kurinda ubusugire bw’abayobozi bakuru b’igihugu ndetse n’ab’umuryango w’abibumbye n’ibyabo.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga