• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

DRC: Abarobyi barasaba Leta gufunguza bagenzi babo basaga 100 bafungiye muri Uganda

Umwanditsi
August 24, 2019

Ishyirahamwe ry’abarobyi muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (FECOPEILE) ryasabye Leta ko yinjira mu kibazo cy’abarobyi bagera ku 140 bafungiye muri Uganda aho 102 muri bo bahamijwe ibyaha bagakatirwa Igifungo.

Ikibazo cy’aba barobyi kimaze iminsi kivugwa. Bavuga ko bagenzi babo bagera ku 140 bafungiye mu gihugu cya Uganda, aho 102 muri bo bamaze gukatirwa igihano cy’igifungo.

Mu ibaruwa yo kuwa 20 Kanama 2019 FECOPEILE yandikiye Minisitiri w’Umubanyi n’amahanga w’Igihugu cya Kongo nk’uko Radio Okapi dukesha iyi nkuru ibivuga, basaba ko imiryango y’aba barobyi bafunze yafashwa, ikavanwa mukababaro k’abantu babo bakagaruka kwitwa ku miryango yabo.

Josue Mukura, umunyamabanga mukuru wa FECOPOILE avuga ko ibarwa banditse ari iya kabiri yibutsa kuko hari iya mbere bari basabye ko Leta yinjira mu kibazo cy’abarobyi 102 bafashwe bagafungirwa muri Uganda muri 2018 ariko ngo aho gukorwa, uyu munsi hari indi mibare y’abafashwe biyongera kubasanzwe.

Iri shyirahamwe ry’abarobyi ntabwo risaba gusa ko Leta yinjira mu kibazo cy’abafunze ngo barekurwe, ahubwo rinasaba ko ibikoresho byabo by’uburobyi byafatiriwe na Leta ya Uganda byarekurwa. Amakuru ahari ni uko umuyobozi wungirije mu biro bya Minisitiri ufite uburobyi mu nshingano ze yatangaje ko iki kibazo kirimo gukurikiranwa kuva mu mezi make ashize, aho hari komisiyo yihariye yagishinzwe.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga