• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
16/09/25
Umwami w’ibikubo byo ku Bitego atahanye 1,175,360Rwf yashyizeho 10,000 mu isaha imwe gusa
16/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
16/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
16/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi

DRC: Guverinoma nshya ishyizweho nyuma y’amezi 7 Perezida Tshisekedi atowe

Umwanditsi
August 26, 2019

Nyuma y’amezi arindwi Perezida Felix Tshisekezi atorewe kuyobora Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo, nyuma kandi y’amezi atatu ashyizeho Sylvestre Ilunga Ilunkamba nka Minisitiri w’Intebe, hatangajwe Guverinoma nshya kuri uyu wa 26 Kanama 2019.

Muri iyi Guverinoma Nshya yashyizweho nyuma y’igihe hibazwa uko bizagenda, imyanya myinshi yihariwe n’uruhande rwa Perezida Joseph Kabila wacyuye igihe kuko afite imyanya 42 mu gihe uruhande rwa Tschisekedi badite imyanya 23.

Kuba uruhande rwa Perezida Kabila rufite imyanya myinshi muri iyi Guverinoma, si ibintu byatunguranye nubwo amazina yabenshi muri bo atari asanzwe azwi mu ruhando rwa Politiki. Ishyirwaho ry’iyi Guverinoma byagiye bivugwa kenshi ko ryatindijwe no kutumvikana hagati y’ihuriro rya FCC (front Commun Pour le Congo) rya Perezida Kabila ndetse n’uruhande rwa Perezida Tschisekedi. Gusa na none iri huriro rwa FCC ni naryo rifite umubare munini mu nteko ishinga amategeko muri iki gihugu.

Iyi Guverinoma, abagera kuri 76,9% ni amazina mashya muri Guverinoma ya Congo. Mu myanya y’abagize Guverinoma kandi 17% gusa ni igitsina gore nkuko renaissance actu.com dukesha iyi nkuru ibivuga.

Muri Guverinoma yashyizweho, imyanya imwe muyikomeye yahawe abo ku ruhande rwa Perezida Kabila. Muriyo harimo nk’umwanya wa Minisitiri w’Ubutabera, umwanya wa Minisitiri w’Ingabo.

Ku ruhande rwa Perezida Tschisekedi, imwe mu myanya y’igenzi harimo umwanya wa Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga n’umwanya wa Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu unasanzwe ari umuntu we wa hafi akaba n’umunyamabanga w’ishyaka rya UDPS (Union pour la Démocratie et le Progrès Social).

Iyi Guverinoma iyobowe na Minisitiri w’Intebe, Sylvestre Ilunga Ilukamba igizwe kandi n’abaminisitiri b’intebe bungirije batanu.

Minisitiri w’Intebe, Sylvestre Ilunga na Perezida Tshisekedi.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5864 Posts

Politiki

4115 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1009 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

143 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga