• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Gishari: Abasuzofisiye ba polisi barenga 130 basoje amahugurwa

Umwanditsi
August 28, 2019

Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 27 Kanama 2019, abapolisi bo kurwego rwa ba suzofisiye 135 basoje amahugurwa agamije kubakarishya no kubongerera ubumenyi, yaberaga mu ishuri rya Polisi rya Gishari rihereye mu karere ka Rwamagana. Ni icyiciro cya 9 aho kimaze amezi ane muri aya mahugurwa.

Ubwo yasozaga aya mahugurwa, umuyobozi wa Polisi wungirije ushinzwe imiyoborere n’abakozi, the Deputy Inspector General of Police (DIGP) Juvenal Marizamunda yagarutse ku kamaro k’aya mahugurwa.

Yagize ati “Aya mahugurwa yashyizweho kugira ngo Polisi y’u Rwanda yubake ubunyamwuga bihereye kubafite amapeti mato; nk’abapolisi bazamuka mu mapeti bagomba no kuzamuka bafite ubumenyi mubirebana n’akazi ka gipolisi.”

Yongeyeho ko abapolisi bato aribo bagize umubare munini w’abapolisi, bityo bakaba ari inkingi za mwamba za Polisi y’u Rwanda.

DIGP Marizamunda yabibukije ko ari abajyanama n’abarimu, bityo buri gihe ubumenyi bahawe bugomba kubafasha kuzuza ishingano zabo kinyamwuga. Yabibukije kandi guhora barangwa n’ikinyabupfura mu kazi kabo ka buri munsi.

Ati“ Ikinyabupfura niwo musingi wo gukora kinyamwuga no kuzamurwa mu mapeti, ibi bishatse kuvuga ko Polisi y’u Rwanda idashobora kwihanganira abapolisi barya ruswa, ubusinzi ndetse n’indi mico yose itari iya kinyamwuga.”

Uyu muyobozi yongeyeho ati “Mugomba kurangwa n’umuco wo gukunda igihugu, mukora ibiteza imbere abaturage ndetse n’igihugu muri rusange aho kwita kunyungu zanyu gusa.” Uyu muhango wo gusoza aya mahugurwa waranzwe n’imyiyereko itandukanye.

Aba bapolisi, mu gihe cy’amezi ane bahamaze, bize amasomo atandukanye arimo ajyanye n’imiyoborere, guhosha imyigaragambyo, imikoranire myiza n’abaturage n’andi atandukanye.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga