• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
23/06/26
Kamonyi-Ruyenzi Sporting Club: OLYMPIC FC yisubije Igikombe cyo Kwibuka Abasiporutifu
23/06/26
Kamonyi-EXPO: Abaturage barakangurirwa kugera ahabera Imurikabikorwa n’Imurikagurisha/EXPO
23/06/26
Ruhango: Urubyiruko rwasabwe kumenya amateka y’u Rwanda no kugira uruhare mu gukumira ibyaha
23/06/26
Kamonyi-Gacurabwenge: Umurambo w’umusaza w’imyaka 67 wasanzwe mu cyumba araramo

Gishari: Abasuzofisiye ba polisi barenga 130 basoje amahugurwa

Umwanditsi
August 28, 2019

Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 27 Kanama 2019, abapolisi bo kurwego rwa ba suzofisiye 135 basoje amahugurwa agamije kubakarishya no kubongerera ubumenyi, yaberaga mu ishuri rya Polisi rya Gishari rihereye mu karere ka Rwamagana. Ni icyiciro cya 9 aho kimaze amezi ane muri aya mahugurwa.

Ubwo yasozaga aya mahugurwa, umuyobozi wa Polisi wungirije ushinzwe imiyoborere n’abakozi, the Deputy Inspector General of Police (DIGP) Juvenal Marizamunda yagarutse ku kamaro k’aya mahugurwa.

Yagize ati “Aya mahugurwa yashyizweho kugira ngo Polisi y’u Rwanda yubake ubunyamwuga bihereye kubafite amapeti mato; nk’abapolisi bazamuka mu mapeti bagomba no kuzamuka bafite ubumenyi mubirebana n’akazi ka gipolisi.”

Yongeyeho ko abapolisi bato aribo bagize umubare munini w’abapolisi, bityo bakaba ari inkingi za mwamba za Polisi y’u Rwanda.

DIGP Marizamunda yabibukije ko ari abajyanama n’abarimu, bityo buri gihe ubumenyi bahawe bugomba kubafasha kuzuza ishingano zabo kinyamwuga. Yabibukije kandi guhora barangwa n’ikinyabupfura mu kazi kabo ka buri munsi.

Ati“ Ikinyabupfura niwo musingi wo gukora kinyamwuga no kuzamurwa mu mapeti, ibi bishatse kuvuga ko Polisi y’u Rwanda idashobora kwihanganira abapolisi barya ruswa, ubusinzi ndetse n’indi mico yose itari iya kinyamwuga.”

Uyu muyobozi yongeyeho ati “Mugomba kurangwa n’umuco wo gukunda igihugu, mukora ibiteza imbere abaturage ndetse n’igihugu muri rusange aho kwita kunyungu zanyu gusa.” Uyu muhango wo gusoza aya mahugurwa waranzwe n’imyiyereko itandukanye.

Aba bapolisi, mu gihe cy’amezi ane bahamaze, bize amasomo atandukanye arimo ajyanye n’imiyoborere, guhosha imyigaragambyo, imikoranire myiza n’abaturage n’andi atandukanye.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5986 Posts

Politiki

4233 Posts

Ubuhinzi

154 Posts

Ubukungu

1058 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

159 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga