• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
11/05/25
Kamonyi-Ngamba: Inkotanyi zakuye u Rwanda mu mwijima zizana Umucyo-Visi Meya Uzziel Niyongira
11/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
11/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
11/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira

Minisitiri Shyaka Anastase yavuze ku iyeguzwa ry’Abameya n’ababungirije

Umwanditsi
September 4, 2019

Mu gihe cy’amasaha atagera kuri 24 byari bihagije ngo abayobozi b’uturere 8 n’ababungirije bamwe babe bamaze kweguzwa ku mirimo yabo. Uku gusiganwa kweguzwa abandi begura kwahawe amazina ya “Tour du Rwanda, Ndinda Tujyane” n’ayandi. Minisitiri Shyaka yavuze ko ibi nta kidasanzwe, nta gikuba cyacitse.

Iyi nkundura yo Kweguzwa, kwegura cyangwa se gukurwaho icyizere na Njyanama byatangiye kuri uyu wa Kabiri mu gitondo cya Tariki ya 03 Nzeli 2019 ariko mu masaha atagera kuri 24 abayobozi mu turere umunani barimo ba Meya n’ababungirije bari bamaze gukora ibyo basabwe cyangwa se bibwirije.

Akarere kabimburiye utundi ni Karongi aho Nyobozi yose yagiye, hadashize akanya Musanze iteramo, hataho Muhanga, Ngororero iravugwa, Burera, Gisagara, Rubavu na Rutsiro. Aha hose n’ubwo havugwa ko begura ku mpamvu zabo bwite abandi bagakurwaho icyizere na Njyanama, ibivugwa ni uko basabwa kwegura, ibi kandi bakabijyanisha n’uko Perezida Kagame yigeze kwivugira ko nta wegura ku bwe.

Prof. Shyaka Anastase, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter, yanditse agaragaza ko nta gikuba cyacitse, ko ibintu ari ibisanzwe.

Ati “ Nta gikuba cyacitse!, ibi ni ibisanzwe mu gihugu nk’u Rwanda, cyimakaza imiyoborere myiza, ishingiye ku buyobozi n’ubushobozi byegerejwe abaturage, irangwa na Demokarasi kandi ishyira imbere inyungu z’umuturage n’iterambere ry’Igihugu”.

Yagize kandi ati“ Uyu munsi mu Nzego z’ibanze: Bamwe mu bayobozi b’inzego z’ibanze barasaba Njyanama kwegura cyangwa Njyanama ikabeguza nk’uko biteganwa n’amategeko, Ibi byatewe n’imikorere yabo itari myiza no kutageza ku baturage ibyo babemereye”.

Minisitiri Shyaka, avuga ko umwaka wa 2019 ari umwaka wa nyuma ushyiira icyerekezo 2020. Umwaka uganisha hafi muri ½ cy’icyerekezo NST2024. Ko nta gihe cyo gutakaza! Buri Karere gafite inyota y’ubuyobozi bwiza, bukora neza, butuma bagera ku mibereho myiza y’abaturage n’iterambere bifuza.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5796 Posts

Politiki

4047 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga