• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
14/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
14/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
14/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi
14/09/25
Gisagara: Umuyobozi w’Ikigo cy’Ishuri yatawe muri yombi azira ibiryo by’abana

Kamonyi: Abakozi babiri b’umurenge wa Gacurabwenge bari mu maboko ya RIB

Umwanditsi
September 5, 2019

Umukozi w’Umukontabure ndetse n’uwo bita Adimini ( ushinzwe imari n’ubutegetsi) bakora mu murenge wa Gacurabwenge, kuri uyu wa Kane Tariki 5 Nzeli 2019 mu masaha ya mbere ya saa sita bafashwe n’urwego rw’ubugenzacyaha-RIB.

Umuturage wari mu Kagari ka Nkingo aho umwe muri aba bakozi yakuwe (Admin), yabwiye intyoza.com ko yabonye abakozi ba RIB bari kumwe n’abapolisi baza bagafata uyu mukozi bakamutwara.

Nyirandayisabye Christine, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gacurabwenge utashatse kugira byinshi avuga kuri aba bakozi, yemereye umunyamakuru ko aya makuru yayumvise ariko ko agikurikirana ngo amenye neza imvano y’ibyo bafatiwe.

Gitifu Nyirandayisabye, nubwo avuga ko nta makuru mpamo y’ibyo aba bakozi ayobora bafatiwe, akeka ikibazo cy’imashini ikoreshwa na Kontabure iherutse kwibwa mu biro by’Umurenge.

Mu iyibwa ry’iyi mashine, amakuru agera ku intyoza.com ni ay’uko uwabanje gukekwa ndetse agafatwa na RIB akaza no kurekurwa ari umukozi ushinzwe gucunga umutekano (umuzamu w’amanywa).

Byinshi ku ifatwa ry’aba bakozi turacyabikurikirana.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

One Comment

  1. Dusabimana Emmanuel says:
    September 7, 2019 at 8:03 am

    Turabemera rwose mbakundira ko mutugezaho amakuru agezweho mu karere kacu ka kamonyi mukomereze aho natwe tubahoza ku mutima

Comments are closed.

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5863 Posts

Politiki

4114 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1008 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

142 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga