• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/07/25
Kamonyi: Ba Rushingwangerero bagabiye Inka uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi
01/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
01/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
01/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside

Gisagara: Abarezi n’abanyeshuri basabwe kurwanya ibyaha

Umwanditsi
September 8, 2019

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 6 Nzeri 2019, mu karere ka Gisagara mu murenge wa Ndora abanyeshuri biga mu rwunge rw’amashuri  rwa Gisagara A n’abarezi babo bakanguriwe uruhare rwabo mu gukumira ibyaha haba ku ishuri, aho batuye n’aho bagenda.

Ibi biganiro byitabiriwe n’abanyeshuri barenga 240 barikumwe n’abarezi babo.

Umupolisi ushinzwe uburere mbonera gihugu no guhuza ibikorwa bya Polisi n’abaturage mu karere ka Gisagara Inspector of Police (IP) Innocent Nshimiyimana yabwiye abanyeshuri n’abarezi ko Polisi itarwanya ibyaha yonyine ubwayo idafatanyije n’abaturage ngo ibishobore.

Yagize ati “ Nimwe muba muzi imyitwarire n’imigirire yabo mubana, mu kamenya abakora ibyaha, rero iyo mudafashije Polisi ngo mutange amakuru y’ababikora ngo bafatwe bigora Polisi n’izindi nzego zishinzwe umutekano kubatahura.”

IP Nshimiyimana yasabye abanyeshuri b’iri shuri rya Gisagara A kurwanya ikoreshwa n’icuruzwa ry’ibiyobyabwenge.

Yagize ati “Bigaragara ko urubyiruko arirwo rukoresha cyane ibiyobyabwenge, murumva ko ntaho igihugu cyacu cyaba kigana mu gihe urubyiruko rudafashe iyambere ngo rurwanye ibiyobyabwenge kandi arirwo Rwanda rw’ejo.”

IP Nshimiyimana yabibukije ko ibiyobyabwenge bigira ingaruka ku babicuruza, ababinywa  ndetse no ku muryango nyarwanda muri rusange; binakurura kandi ibindi byaha biteza umutekano mucye nk’urugomo, intonganya mu miryango, gukubita no gukomeretsa, gufata kungufu n’ibindi. Niyo mpamvu kubirwanya bikwiye kuba ibya buri wese.

Yongeyeho ko ibiyobyabwenge ari inzitizi y’iterambere n’imibereho myiza y’ubikoresha, bityo asaba abanyeshuri n’abarezi kurushaho gukorana n’inzego zishinzwe umutekano bazitungira agatoki aho bakeka ibiyobyabwenge.

Yasabye abanyeshuri kurwanya inda ziterwa abangavu kuko zigira ingaruka mbi ku buzima bwabo.

Yagize ati “Abangavu mu gihe batewe inda bibagiraho ingaruka nyinshi mbi harimo gucikiza amashuri, kugira ipfunwe mu bandi, guhezwa mu miryango n’ibindi. Murasabwa rero kwirinda ababashukisha ibintu bitandukanye birimo amafaranga, impano n’ibindi bagamije kubangiza ahubwo mukihutira gutanga amakuru kugira ngo bafatwe.”

Uyu mupolisi yanabasabye kugira uruhare mu kurwanya amakimbirane arangwa mu miryango kuko agira ingaruka ku myigire yabo, yababwiye ko iyo ababyeyi batabanye neza abana nabo badashobora kubaho neza.

Yasoje abasaba kwirinda guta ishuri ahubwo bakarangwa n’imyitwarire myiza haba ku ishuri no hanze yaryo.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5824 Posts

Politiki

4075 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga