• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
04/11/25
Ipari yakoze ku bikubo ku mukino wose ndetse n’Ibitego byamuhesheje akayabo ka 1,531,607Frws
04/11/25
Kamonyi-Gacurabwenge: Polisi yataye muri yombi Itsinda ry’Abantu 5 barimo Umugore bakekwaho ubugizi bwa nabi
04/11/25
Kamonyi-GS Ruramba:“ Ishuri ryanjye, Urukwavu rwanjye”, Umushinga wo gukundisha abana Ishuri
04/11/25
Muhanga: Itsinda ry’abakekwaho ibikorwa by’Ubugizi bwa nabi batawe muri yombi

Umuryango wa Nyakwigendera Robert Mugabe wanze gahunda ya Leta ya Zimbabwe yo kumushyingura

Umwanditsi
September 12, 2019

Abagize umuryango wa Robert Mugabe wabaye Perezida wa Zimbabwe imyaka isaga 30 banze gahunda yashyizweho na Leta y’iki gihugu mu kumushyingura. Bavuga ko bababajwe n’uko batagishijwe inama kuri gahunda zo kumushyingura.

Umuryango wa Nyakwigendera Robert Mugabe, uvuga ko imihango yo kumushyingura izatangira  ku cyumweru nijoro mu cyaro cyo ku ivuko ahitwa Kutama, kandi agashyingurwa mu mihango yihariye y’umuryango.

Ibiro ntaramakuru bya AFP, byavuze mu mvugo yakoreshejwe na Mwishywa we witwa Leo Mugabe aho yagize ati “ Umurambo we uzasezerwaho ku cyumweru nijoro I Kutama…, hakurikireho umuhango wihariye wo kumushyingura – nko kuwa mbere cyangwa ku wa Kabiri – nta byo kumushyingura mu irimbi ry’Igihugu ry’Intwari. Icyo ni cyo cyemezo cy’abagize umuryango bose.

Isanduku irimo umurambo wa Robert Mugabe mu rugo rwe i Harare.

Mugabe, yapfuye ku wa Gatanu w’icyumweru gishize afite imyaka 95. Hari Tariki 06 Nzeli 2019 aho yaguye mu bitaro byo mu gihugu cya Singapuru yari amaze amezi yivuriza. Ubwo yapfaga, Perezida Emmerson Mnangagwa wa Zimbabwe yavuze ko ari Intwari y’Igihugu akwiye gushyingurwa mu irimbi ry’Intwari. Ibi umuryango wa Mugabe wabyanze.

intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5904 Posts

Politiki

4155 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1027 Posts

Imyidagaduro

85 Posts

Imikino

152 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga