• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Gishari: Abakozi 57 bo mu nzego zicunga umutekano basoje amahugurwa yo kurwanya inkongi z’umuriro

Umwanditsi
September 13, 2019

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 12 Nzeri 2019, mu kigo cy’ishuri cya Polisi y’u Rwanda giherereye mu karere ka Rwamagana mu murenge wa Gishari hasojwe amahugurwa ku bantu 57 barimo abapolisi, abacungagereza ndetse n’abakora mu bigo byigenga bicunga umutekano. Aba bose bahuguriwe kurwanya no gukumira inkongi z’umuriro.

Aya mahugurwa yari amaze amezi abiri (2) yatangiye tariki ya 10  Nyakanga kugeza tariki ya 12 Nzeri 2019, abapolisi bahuguwe ni 16, abacungangereza 10 ndetse n’abashinzwe gucunga umutekano mu bigo byigenga 31, bose bigishijwe uko bazimya inkongi y’umuriro ndetse n’ubutabazi bw’ibanze.

Ni amahugurwa yasojwe n’umuyobozi w’ishuri rya Polisi y’u Rwanda (PTS Gishari), Commissioner of Police (CP) Vianney Nshimiyinama. Mbere y’uko asoza aya mahugurwa abahuguwe babanje kwerekana bimwe mubyo bayungukiyemo, harimo kwerekana uko wazimya inkongi mu nzu iri gushya haba indende cyangwase ingufi ndetse no gutabara inzu iri gushya ariko ifunganye.

CP Nshimiyimana yashimiye ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda bwashyigikiye bukanatera inkunga aya mahugurwa, yakomeje avuga ko aya mahugurwa atagerwaho hatabayeho ubufatanye ku nzego zose.

Yagize ati “Aya mahugurwa aba agamije kongererera ubumenyi abantu bose kugira ngo umutekano w’abantu n’ibyabo uboneke kuko utareba umuntu umwe gusa ahubwo ureba buri wese. Inkongi iyo ivutse cyangwa se umuntu uri mukaga iyo abuze umutabara wa hafi bimugiraho ingaruka, niyo mpamvu ubu bumenyi bukwiye kugera kuri buri wese.”

Yakomeje ababwira ko amahugurwa bahawe bazayageza ku bandi baturage benshi bashoboka kugira ngo buri munyarwanda agire ubumenyi mu kuzimya inkongi z’umuriro.

Yagize ati “Aya mahugurwa mwahawe turifuza ko mwayageza kuri benshi bashoboka, igihugu cyacu kirimo kugenda gitera imbere, niyo mpamvu natwe bidusaba kwihugura byimbitse mu rwego rwo kugendana n’iterambere tukamenya inzira zose zo gutabara, tukagira abantu benshi bafite ubumenyi mu guhangana n’inkongi z’umuriro ndetse no gutabara abantu bari mukaga.”

 

Umuyobozi ushinzwe ibigo byigenga mu gucunga umutekano mu Rwanda (Rwanda Security Industry association) Niyonshuti Fidele, yashimiye uburyo Polisi y’u Rwanda idahwema guha ubumenyi abantu mu rwego rwo kubaka igihugu gitekanye.  Yasabye abasoje aya mahugurwa kuzakoresha ubumenyi bahawe neza kugira ngo buzafashe abanyarwanda n’abaturarwanda.

Yagize ati “Turashimira ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda bwateguye aya mahugurwa, turabasaba ko mwazakoresha imbaraga n’ubumenyi mufite mu gutabara ahabaye inkongi z’umuriro ndetse muzanahugure abandi banyarwanda kugira ngo buri muntu wese agire ubumenyi ku kurwanya no gukumira inkongi.”

Yasoje ijambo rye yemeza ko adashidikanya ko amahugurwa bahawe azabagirira akamo ndetse n’igihugu muri rusange.

Bazatoha Abdourkarim ni umwe mubahuguwe bakora mu kigo kigenga gishinzwe gucunga umutekano aricyo RGL yavuze ko amahugurwa yahawe ari ingenzi kandi ko yiteguye kutazihererana ubumenyi yahawe.

Yagize ati “Aya mahugurwa y’ibanze ku kuzimya inkongi z’umuriro no gutabara abari mukaga anyongereye ubumenyi ku kurwanya no gukumira inkongi z’umuriro ariko nanone bizamfasha guhugura n’abandi banyarwanda kugira ngo bagire ubumenyi mu kurwanya no gukumira inkongi z’umuriro.”

Aya mahugurwa ku bakozi bo mu bigo bicunga umutekano abaye mu gihe n’ubundi Polisi y’u Rwanda imaze iminsi iri mu bukangurambaga mu banyarwanda hirya no hino cyane abakora mu bigo bifite aho bihurira n’umuriro w’amshanyarazi cyane nk’abacuruzi n’abanyenganda. Gusa ubu bukangurambaga busanzwe bukorwa no mu banyarwanda b’ingeri zose aho bakangurirwa ku kwirinda inkongi z’umuriro ariko zaba zanabaye bakamenya uko bakwitabara ubwabo cyangwa bagatabaza Polisi mu gihe byanze.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga