• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
01/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
01/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
01/07/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Ruhango: Litiro zigera ku 1000 z’inzoga zitemewe zafashwe zimenerwa mu ruhame

Umwanditsi
September 19, 2019

Polisi y’u Rwanda ifatanyije n’abayobozi mu nzego z’ibanze mu karere ka Ruhango barakangurira abaturage gucika ku ngeso mbi zo gukora no gucuruza inzoga zitemewe kuko zibangiriza ubuzima ndetse bikaba binyuranyije n’amategeko. Ibi babikanguriwe nyuma y’ibikorwa bya Polisi ifatanyamo n’abayobozi mu nzego z’ibanze mu kurwanya no gufata abacuruza inzoga zitemewe ndetse zikanamenerwa imbere y’abaturage.  

Kuri uyu wa Kabiri tariki 17 Nzeri 2019, igikorwa cyo kumenera izi nzoga mu ruhame cyabereye mu murenge wa Kinazi mu kagari ka Gisali mu mudugudu wa Kanaba. Hakaba haramenwe inzoga zingana na litiro igihumbi (1000). Inzoga zafatiwe mu baturage zikanamenerwa mu ruhame ziganjemo izwi ku izina rya muriture.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo Chief Inspector of Police (CIP) Sylvestre Twajamahoro avuga ko izi nzoga zafatanwe abantu bane(4) bazikoraga bakanazicuruza.

Abo ni uwitwa Mukashyaka Rose wafatanwe litiro 270, Mukakanimba Mediatrice yafatanwe litiro 250, Mukampungiro Theresie yafatanwe litiro 360 naho Habiyambere Emmanuel we yafatanwe litiro 30.

CIP Twajamahoro yakomeje avuga ko ibikorwa bya Polisi byo kurwanya izi nzoga bitazigera bihagarara, akangurira abaturage kubicikaho.

Yagize ati:” Ntabwo tuzigera dutezuka ku kurwanya izi nzoga zitemewe, zangiza ubuzima bw’abaturage kubera umwanda zikoranye kandi zigatuma bakora ibyaha bitandukanye iyo bamaze kuzisinda.

Yakomeje agira inama abaturage bagifite igitekerezo cyo gukora ziriya nzoga kubireka  kuko ubu inzego zose zahagurukiye kuzirwanya.

Ati: ”Ubu Polisi ndetse n’ubuyobozi ku nzego z’ibanze ndetse n’abaturage turimo gufatanya mu kurwanya izi nzoga, harakorwa ubukangurambaga bwo kuzirwanya ariko abakomeje kuzikora duhanahana amakuru bagafatwa tuzakazimena kandi abazifatanwe bakabihanirwa.”

Yasabye abaturage kujya bihutira gutanga amakuru ahantu hose babonye hakorerwa  bene izo nzoga zitemewe cyangwa ibindi biyobyabwenge.

CIP Twajamahoro yibukije abaturage ko hari itegeko rihana umuntu wese ugaragaye mu bikorwa nk’ibyo by’inzoga zitemewe n’ibiyobyabwenge.

Aho ingingo ya 263 mu gitabo gishyiraho ibyaha n’ibihano byabyo iteganya ko umuntu wese ufatanwa, urya, unywa, witera, uhumeka cyangwa wisiga mu buryo ubwo aribwo bwose ibiyobyabwenge bito cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo, aba akoze icyaha.

Umuntu wese uhamijwe n’urukiko gukora ibikorwa bivugwa mu gika cya mbere cy’iyi ngingo, ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka umwe (1) ariko kitarenze imyaka ibiri (2) cyangwa imirimo y’inyungu rusange.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo yaboneho gusaba abaturage bifuza gutangiza uruganda rukora ibinyobwa kunyura mu nzira zemewe n’amategeko bagakurikiza ibipimo by’ubuziranenge byemewe mu gukora ibinyobwa bifite umusemburo.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga