• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Igipimo cyo kugera ku makuru mu myaka itanu cyazamutseho 21% – Peacemaker-MHC

Umwanditsi
September 30, 2019

Mbungiramihigo Peacemaker, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’inama nkuru y’Itangazamakuru-MHC, yabwiye abitabiriye inama yo kuwa 27 Nzeri 2019 yigaga ku bijyanye no kugera ku makuru ( access to information) ko kuva mu 2013 kugera 2018 ibipimo byazamutse ku kigero cya 21%. Ni ubushakashatsi bw’ikigo cy’Igihugu cy’imiyoborere-RGB.  

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’inama nkuru y’Itangazamakuru, avuga ko kuva mu mwaka wa 2013 kugera 2018 hakozwe byinshi byiza mu rwego rwo guteza imbere ubunyamwuga mu banyamakuru no kububakira ubushobozi. Avuga ko ibi byatanze umusaruro w’impinduka nziza zirimo kuva ku gipimo cya 55,2% kugera kuri 76,4% ku kugera ku makuru.

Bamwe mubitabiriye inama yavugaga ku kugera cg kubona amakuru-access to information.

Nubwo habaye izi mpinduka, ahamya ko hakiri urugendo rutari rugufi na byinshi byo gukora. Ati“ Urugendo ruracyari rurerure, kuko uko tugenda dutera imbere nk’Igihugu n’itangazamakuru ni uko bimeze, ariko abarikoramo bose siko bafite ubumenyi tubifuzaho kugira ngo turusheho kugira itangazamakuru ribereye Igihugu cyacu”.

Avuga ku rugendo rwo kugera ku makuru nk’Abanyamakuru no kuyahabwa nk’Abanyarwanda kuva mu mwaka wa 2013 kugera mu mwaka wa 2018, yagize ati“ Muri 2013 kugera ku makuru nk’Abanyamakuru no guhabwa amakuru nk’Abanyarwanda, gushyira mu bikorwa iri tegeko turi kuganiraho uyu munsi ( ryo kubona amakuru-Access to nformation law ryo kuwa 08/02/2013) byari ku gipimo cya 55,2%, murumva ko twari tukiri hasi, ariko noneho ubu ng’ubu muri 2018 ubwo hashyirwaga ku mugaragaro ibindi bipimo twari kuri 76,4%. Nti twavuga ko tugeze ahashimishije cyane ariko urugendo rurakomeje, twavuga ko hari byinshi byakozwe”.

Havugimana Aldo wari umuhuza w’ibiganiro.

Muri iyi nama yateguwe n’urwego rw’Umuvunyi rufatanije n’abafatanyabikorwa barwo, ngo yabaye umwanya wo kwisuzuma harebwa urugendo rw’aho itangazamakuru rivuye, aho rigeze ndetse n’aho rigana nkuko Mbungiramihigo yabitangaje.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Inama nkuru y’Itangazamakuru, avuga kandi ko mu kubaka ubunyamwuga ku rwego rw’umunyamakuru ibipimo byagaragaje ko bigeze kuri 70%.

Ubushakashatsi bw’Ikigo cy’Igihugu cy’Imiyoborere-RGB bwa 2018 mu byo bugaragaza harimo ko Abanyarwanda bafitiye icyizere itangazamakuru ku kigero cya 75,3% mu gihe ubwisanzure bwaryo buri ku gipimo cya 81,3% buvuye kuri 71,5% muri 2013.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga