• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
12/03/26
Kamonyi: Ntabwo tuje kuba abayobozi ba PSF, tuje kuba abakozi banyu-Ntiyamira Felix( aka Yadema)/PSF
12/03/26
Rugalika-Umunsi w’Umugore: Gifts Rwanda yaremeye Abagore iboroza Ihene
12/03/26
Kamonyi-Rugalika: Ibintu 5 Polisi yasabye abaturage kubizibukira burundu
12/03/26
Rugalika-Masaka: Nta Kangononwa ku kwishyura Mituweri ifatiye kuri Sisitemu Imibereho

Abanyeshuri bari mu masomo y’abofisiye bakoze urugendo shuri

Umwanditsi
October 4, 2019

Kuri uyu Gatatu tariki ya 02 Ukwakira 2019, itsinda ry’abapolisi b’abofisiye 36 barimo batatu baturutse mu gihugu cya Sudani y’Epfo n’undi umwe waturutse mu gihugu cya Tchad bari mu masomo agenewe abofisiye(Police Junior Command and Staff Course) mu ishuri rikuru rya Polisi y’u Rwanda (NPC) riherere mu karere ka Musanze. Aba banyeshuri bakoze urugendo shuri rw’umunsi umwe basura zimwe mu ngoro z’amateka y’u Rwanda.

Uru rugendo rugize amwe mu masomo biga, bakaba basuye inzu ndangamurage y’amateka yo kubohora igihugu iherereye ku murindi w’intwari mu karere ka Gicumbi ndetse n’inzu ndangamurage y’urugamba rwo kurwanya Genoside iherereye mu ngoro y’inteko ishinga amategeko.

Uru ruzinduko rwari rufite insanganyamatsiko igira iti:”Gukunda igihugu nk’ihame ry’amahoro n’umutekano birambye”.

Muri uru rugendoshuri aba banyeshuri bari bayobowe n’umuyobozi w’ishuri rikuru rya Polisi (NPC), Commissioner of Police (CP) Christophe Bizimungu.

Aya mahugurwa y’abapolisi b’abofisiye, agize icyiciro cya gatandantu (6), biteganyijwe ko azamara amezi ane (4).

Aya mahugurwa ni amwe mu yashyizweho n’ishuri rikuru rya Polisi y’u Rwanda akaba agamije kongerera ubushobozi bw’abakozi ku rwego rwisumbuye (middle level commaders) bakanabihuza no kongera ubunyamwuga mu kazi ka gipolisi.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5937 Posts

Politiki

4186 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1045 Posts

Imyidagaduro

87 Posts

Imikino

156 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga