• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
01/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
01/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
01/07/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Rubavu: Babiri bafashwe na Polisi bakekwaho gukora ivunja ry’amafaranga ritemewe n’amategeko

Umwanditsi
October 9, 2019

Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Rubavu irakangurira abaturage kwirinda ibikorwa byo gucuruza no kuvunja amafaranga mu buryo butemewe n’amategeko kuko bigira ingaruka mbi zitandukanye. Ni nyuma y’aho kuri uyu wa 06 Ukwakira 2019 yongeye gufatira abantu babiri mu mujyi wa Gisenyi ku mupaka uhuza u Rwanda na Repuburika iharanira Demukarasi ya Congo bavunja amafaranga mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Abafashwe ni Betaniya Febronie w’imyaka 34 y’amavuko na Muhawenimana Monique w’imyaka 35. Betaniya bamufatanye ibihumbi 148, 000 by’amanyarwanda n’ibihumbi 166, 500 by’amanyekongo, mu gihe Muhawenimana we yafatanwe ibihumbi 134,150 by’amafaranga y’u Rwanda n’ibihumbi 158, 600 by’amanyekongo.

Chief Inspector of Police (CIP) Emmanuel Kayigi, umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Iburengerazuba avuga ko aba bombi bafatiwe mu bikorwa bisanzwe bikorwa na Polisi byo kurwanya abavunja amafaranga mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Yagize ati: “Nta gihe Polisi y’u Rwanda idakangurira abantu ko kuvunja no gucuruza amafaranga bifite amategeko abigenga ndetse ikanabakangurira gukurikiza ayo mategeko kugira ngo babashe gukorera mu mucyo.”

Yongeyeho ati: “Ivunja nk’iri rikorwa mu buryo butemewe abarikora ntibishyura imisoro n’amahoro, nta n’ubwo bakurikiza andi mabwiriza abigenga, ibi bishobora no kuba habamo gushuka abaturage rimwe na rimwe bakaba babaha n’amafaranga atujuje ubuziranenge, ikindi kandi binatesha agaciro ifaranga ry’igihugu. Akaba ariyo mpamvu dusaba buri wese ugira uruhare muri iki gikorwa kinyuranyije n’amategeko kukirinda no kukirwanya kuko amategeko agihanira”.

Amabwiriza yasohotse muri 2013 arebana n’ivunjwa n’icuruzwa ry’amafaranga y’amanyamahanga mu Rwanda mu ngingo yaryo ya 3 avuga ko nta muntu wemerewe kuvunja amafaranga y’amanyamahanga usibye abafite uburenganzira bahawe na Banki nkuru y’Igihugu.

Ingingo ya 223 irebana no gucuruza cyangwa kuvunja amafaranga mu buryo butemewe n’amategeko, mu gitabo giteganya ibyaha n’ibihano mu Rwanda, ivuga ko muntu wese, ku buryo ubwo ari bwo bwose, ucuruza cyangwa uvunja amafaranga y’Igihugu cyangwa amafaranga y’amahanga, mu buryo bunyuranyije n’amategeko, aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’amezi atandatu (6) ariko kitarenze imyaka ibiri (2) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi y’ibihumbi magana abiri (200.000 FRW) ariko atarenze miliyoni eshatu (3.000.000 FRW) cyangwa kimwe gusa buri ibyo bihano.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga