• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
01/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
01/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
01/07/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Perezida Kagame yibukije Abasenateri ko bagiriwe icyizere n’ababatoye, ko bakwiye kubaba hafi

Umwanditsi
October 17, 2019

Mu muhango wo kwakira indahiro z’Abasenateri kuri uyu wa 17 Ukwakira 2019, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yibukije abarahiye ko babikesha icyizere bagiriwe n’ababatoye, abibutsa ko Abanyarwanda babatezeho byinshi.

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane Tariki 17 Ukwakira 2019 nibwo umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda Paul Kagame yakiriye indahiro z’Abasenateri barahiriye kwinjira mu nteko ishinga amategeko umutwe wa SENA. Yabasabye ko bakwiye kuzirikana icyizere bagiriwe n’ababatoye, bakababa hafi bazirikana ko bitezweho byinshi.

Yagize ati“ Ababahisemo bashobora kuba barashingiye ku bunararibonye bababonyemo, harimo kuba inyangamugayo, harimo kugira ubumenyi n’ubundi bushobozi byihariye mufite mu bintu bitandukanye”.

Perezida Kagame, yakomeje ababwira ko ari nayo mpamvu Abanyarwanda babatezeho byinshi. Yabasabye ko ibyo byose bafite bazabikoresha mu guhindura imibereho yabo ikaba imibereho myiza.

Yabasabye ati “ Bizabasaba na none ku begera, mukamenya neza uko babayeho n’ibibazo bahura nabyo kugira ngo mutange ibisubizo byabyo cyangwa se inama y’uko byakemurwa n’ibindi byose bizaba bibaye ngombwa”.

Yibukije aba Basenateri ko umurimo wabo atari uwo gutora no gutorwa, Yego cyangwa Oya mu mategeko abagezwaho. Ko ahubwo ari ukureba ko Abanyarwanda babona ibyo bakeneye kandi bakwiye kugira ngo bagire ubuzima bwiza muri iyo nzira y’ibikorwa byose bazaba bakora.

Umukuru w’Igihugu Paul Kagame yashimangiye ko ibikorwa byose bishingiye ku mutekano n’imiyoborere myiza. Ko kandi ibyo ari inshingano ya buri wese mu rwego urwo arirwo rwose akoreramo nubwo hari ababishinzwe by’umwihariko, ariko ko buri wese yuzuzanya n’undi.

Perezida Kagame, yashimangiye ko Politiki nziza ari imiyoborere myiza mu ruhare buri wese afite akwiye kugira, ari nabyo bigejeje u Rwanda aho ruri uyu munsi. Avuga ko Abanywanda bataragera aho bajya ariko ko bari mu nzira nziza. Yijeje abarahiye inkunga yose ishoboka kugira ngo babashe gutunganya imirimo ibareba.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga