• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
01/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
01/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
01/07/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Ingabire Victoire Umuhoza arimo gukurikiranwa ku bitero byahitanye abantu 14 mu Kinigi

Umwanditsi
October 25, 2019

Umuyobozi mukuru w’urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha-RIB, Jeannot Ruhunga kuri uyu wa 24 Ukwakira 2019 mu kiganiro cyateguwe na Polisi kikayihuza n’itangazamakuru yavuze ko Ingabire Victoire Umuhoza, arimo gukurikiranwa ku byaha bifitanye isano n’ibitero by’abagizi ba nabi biherutse guhitana abaturage 14 mu Kinigi ho mu karere ka Musanze.

Jeannot Ruhunga, yabwiye itangazamakuru ko Ingabire Victoire Umuhoza arimo gukurikiranwa n’ubugenzacyaha-RIB ku ruhare rwe mu byaha akekwaho ku bitero by’abagizi ba nabi bitwaje intwaro gakondo mu minsi ishize bakica abaturage 14 mu Kinigi.

Avuga kuri Madamu Ingabire Victoire Umuhoza, umuyobozi w’ishyaka FDU ritaremerwa mu Rwanda ku kuba yaba afite uruhare mu bitero byishe abantu mu kinigi, yagize ati ” Kubigendanye n’ibya Kinigi, Nibyo! arimo gukurikiranwa, ngira ngo n’ubu ng’ubu arimo kubazwa, n’uyu munsi yitabye( hari ejo kuwa Kane tariki 24 ukwakira 2019).

Akomeza ati ” Iperereza ririho rirakorwa, rirakomeza. Ntabwo amategeko anyemerera kuvuga ibyo turiho tumukurikiranaho mu details ( muri rusange), iperereza rikorwa mu ibanga ariko arimo kubazwa kubigendanye na biriya bitero”.

Col Ruhunga, akomeza avuga ko ikindi gifatika ( gituma akurikiranwa) ari uko biriya bitero bikorwa n’imitwe yibumbiye mu kiswe P5 aho ishyaka rya FDU rya Ingabire Victoire Umuhoza naryo ribarizwa.

Kuba Ingabire Victoire Umuhoza arimo gukirikiranwa n’ubugenzacyaha bw’u Rwanda-RIB ku ruhare akekwaho mu bitero byo mu Kinigi, Umuyobozi mukuru wa RIB Ruhunga, avuga ko bifite impamvu ifatika, ko kandi ibizava mu iperereza bizamenyekana ari uko bigeze mu rukiko ni biba bigaragaye ko bigomba kurushyikirizwa.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga