• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
01/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
01/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
01/07/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Abantu 7 bafatanwe ibiyobyabwenge mu bice bitandukanye by’Igihugu

Umwanditsi
October 31, 2019

Ku bufatanye n’inzego z’ibanze, ndetse n’abaturage kuva mu ntangiriro z’iki cyumweru mu bice bitandukanye by’igihugu habaye ibikorwa byo kurwanya abakwirakwiza ibiyobyabwenge. Muri ibyo bikorwa hafatiwemo abantu barindwi bakwirakwizaga ibiyobyabwenge.

Kuwa mbere tariki ya 28 Ukwakira 2019 uwitwa Akimpaye Delphine ufite imyaka 39 y’amavuko yafatiwe mu karere ka Nyamagabe mu murenge wa Kitabi afite ibiro 10 by’urumogi.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo Chief Inspector of Police (CIP) Sylvestre Twajamahoro yavuze ko kugira ngo Akimpaye afatwe byaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage.

Yagize ati:”Abaturage bo mu karere ka Rusizi baduhaye amakuru ko hari umuntu ufite ibiyobyabwenge ateze imodoka itwara abagenzi mu buryo bwa rusange yerekeza i Kigali”.

Yakomeje avuga ko bakimara kumenya amakuru bahise bategura igikorwa cyo gufata uwo muntu ufite ibiyobyabwenge. Hateguwe igikorwa cyo gusaka imodoka zerekeza i Kigali, urumogi rufatirwa mu mutwaro w’uwo mugore.

Mu mujyi wa Kigali hafatiwe uwitwa Dushimimana Emmanuel ufite imyaka 32 y’amavuko na Uwihoreye Enock ufite imyaka 34, nabo bafatanwe udupfunyika 100 tw’urumogi, barimo kurucuruza mu karere ka Kicukiro mu murenge wa Nyarugunga.

Uwihoreye yari asanzwe atwara abagenzi kuri Moto ifite ibiyiranga RE 640P, ari nayo bafatiweho batwaye ibiyobyabwenge.

Abandi babiri bafatiwe ku mupaka w’u Rwanda na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo kuri Rusizi ya kabiri mu karere ka Rusizi. Ni mu gihe uwitwa Itangishaka Diane yafatiwe mu karere ka Musanze agemuriye uwitwa Hagumimana Valens udupfunyika 64 tw’urumogi.

Polisi y’u Rwanda ifatanyije n’abaturage yakajije ingamba zo kurwanya ibiyobyabwenge cyane cyane binyuze mu bukanguramba, bigatuma abaturage barushaho kumva ububi bw’ibiyobyabwenge n’ingaruka zabyo haba ku buzima bwabo ndetse no ku mutekano w’igihugu. Abaturage bakangurirwa gukomeza gutanga amakuru igihe cyose hari umuntu babonye akoresha ibiyobyabwenge.

Ibi kandi bigakorwa hagaragazwa ahantu hakunze kuba inzira y’ibiyobyabwenge hakaba ariho haherwa mu guca amayira yose yifashishwa n’abakwirakwiza ibiyobyabwenge.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga