• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
11/05/25
Kamonyi-Ngamba: Inkotanyi zakuye u Rwanda mu mwijima zizana Umucyo-Visi Meya Uzziel Niyongira
11/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
11/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
11/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira

Kamonyi: Abagore bashinja bagenzi babo kurara amajoro mutubari no guhohotera abagabo

Umwanditsi
November 8, 2019

Bamwe mu bagore b’Umurenge wa Kayumbu kuri uyu wa Gatatu Tariki 06 Ugushyingo 2019 babwiye urwego rw’ubugenzacyaha-RIB rwari rwabasuye ko batewe impungenge na bamwe muri bagenzi babo barara amajoro mutubari bikagera n’aho bahohotera abagabo babo.

Mu gihe hirya no hino mu gihugu hakunze kumvikana imvugo z’uko abagabo aribo bakunda agatama ndetse bakanywa bagakesha mutubari, bagataha basahinda, bahohotera abagore, mu Murenge wa Kayumbu abagore beruriye RIB ko bamwe muri bagenzi babo bigaranzuye abagabo mu kunywa bagakesha bakanahohotera abagabo.

Umwe mu bagore wari mubiganiro yabwiye RIB ko kimwe mu bibazo afite ari bamwe mubagore banywa amasaha y’ijoro bagakesha, bakaba basigaye ku rwego rwo kurara hanze y’ingo zabo ari nako bahohotera abagabo babo.

Ati“ Hari agasantere hariya Mukarambo, hari urugomo rukabije cyane. Abagore baranywa bakageza saa sita z’ijoro, hakaba abarara bagenda bafite abagabo, bagasangira n’abasore bakabaherekeza, ubwo bamara kugera murugo abagore ntibarare murugo bakarara ku gasozi, bamwe mu bagabo ntabwo bakivuga barahohoterwa”.

Umubyeyi witwa Mukamurihano we yasabye ko mu bijyanye n’ihohoterwa hatajya harebwa gusa ku bagore ngo kuko n’abagabo bahohoterwa ikibazo kikaba ko batajya bavuga ibyabo.

Ati “ Mukunda kuvuga ngo abadamu barahohoterwa; Koko barahohoterwa ariko mujye mureba mubipande byose kuko n’abagabo barahohoterwa. Ujya kumva ukumva umugore ari mukabari n’ijoro, agataha yanywereye mukabari ibunaka yasinze, saa yine z’ijoro, saa sita z’ijoro umugabo ari murugo wenyine, niwe wacyuye amatungo, niwe wamenye abana n’ikigomba kubatunga! Mujye mumanuka hasi murebe muturutse kurugo rw’umuntu ku muturanyi, kuko umugabo aravuga kuri ibyo byose umugore akaba arirutse ku murenga na Polisi, rwose mujye mumanuka kuko n’abagabo barahohoterwa”.

Bamwe mubagore bavuga ko ibikorwa na bagenzi babo bikwiye gutangirirwa bugufi kuko birimo gusenya umuryango.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha-RIB bwasabye aba baturage kugirira icyizere inzego z’ubuyobozi zibegereye, bakazigezaho ibibazo bibabangamiye aho babona bidakunda cyangwa se babaha Serivise mbi bakegera izindi nzego. Babwiwe ko icy’ibanze ari amakuru mu gukumira no kurwanya ibyaha, ko igihe cyose hari ubufatanye ntakinanirana.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5796 Posts

Politiki

4047 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga