• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
02/11/25
Kamonyi-Gacurabwenge: Polisi yataye muri yombi Itsinda ry’Abantu 5 barimo Umugore bakekwaho ubugizi bwa nabi
02/11/25
Kamonyi-GS Ruramba:“ Ishuri ryanjye, Urukwavu rwanjye”, Umushinga wo gukundisha abana Ishuri
02/11/25
Muhanga: Itsinda ry’abakekwaho ibikorwa by’Ubugizi bwa nabi batawe muri yombi
02/11/25
Kamonyi-Musambira/HC: Nyuma y’Amezi asaga 8 basa n’abakorera mu manegeka, mu Buhungiro bagarutse

Gasabo: Abantu babiri batawe muri yombi na Polisi bakekwaho kwiba moto

Umwanditsi
November 14, 2019

Polisi y’u Rwanda ikorera mu karera ka Gasabo, kuri uyu wa gatatu tariki ya 13 Ugushyingo 2019 yatahuye moto abantu babiri bikekwa ko bari bibye mu murenge wa Gatsata. Abo ni uwitwa Habaguhirwa Rashid w’imyaka 22 na Kayiranga Olivier w’imyaka 19.

Umuvugizi wa Polisi mu mujyi wa Kigali, Chief Inspector of Police (CIP) Marie Gorette Umutesi avuga ko iyi moto ifite icyapa kiyiranga RD734R yafatiwe mu mudugudu wa Karuruma, akagari ka Kabuye mu murenge wa Jabana mu karere ka Gasabo ari naho aba basore bafatiwe bayifite.

CIP Umutesi yavuze ko ifatwa ryabo n’iyi moto byaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage batuye Karuruma.

Yagize ati: “Ubwo Polisi n’inzego z’ibanze bafataga abantu batwara moto badafite ibyagombwa, abaturage bahaye amakuru Polisi ko hari moto ihishe mu mudugudu wa karuruma. Nibwo abapolisi bahitaga bafata iyo moto ndetse na bariya basore bari bayibye”.

Muri uyu mukawabu kandi hafatiwemo moto zigera kuri 17 zagendaga mu muhanda banyirazo badafite ibyangombwa, birimo uruhushya rwo gutwara, ubwishingizi, ibyangombwa by’ikinyabiziga n’ibindi.

CIP Umutesi yavuze ko izi moto zose zafashwe zajyanwe kuri sitasiyo ya Jabana kugira ngo n’aba bafite izabo zibwe bazaze kuzireba.

Yagize ati: “Muri izi moto zafashwe bikekwako haba harimo n’izindi zibwe, iperereza rirakomeza, ariko umukwabu wo gufata abakora umwuga wo gutwara moto badafite ibyangombwa uzakomeza. Ni nayo mpamvu dusaba uziko atwara adafite ibyangombwa kubicikaho kuko azafatwa agahanwa”.

Umuvugizi wa Polisi mu mujyi wa Kigali yavuze ko umumotari wese nk’uko amategeko abiteganya agomba kwandikisha moto ye muri koperative akoreramo ikaba izwi na nyirayo azwi. Ni mu rwego rwo kugira ngo ni naramuka yibwe ibone uko ikurikiranwa n’abayibye bafatwe. Yasabye abaturage kandi kujya bihutira gutanga amakuru ku gihe mu rwego rwo gukumira ibyaha bitaraba.

intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5903 Posts

Politiki

4154 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1026 Posts

Imyidagaduro

85 Posts

Imikino

151 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga