• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
06/11/25
Kamonyi-Karama: Polisi yataye muri yombi Abagabo 2 bakekwaho gucuruza no gukwirakwiza Ibiyobyabwenge
06/11/25
Kamonyi-Kayumbu/EP Giko: Hatashywe ibyumba by’amashuri 10 bakurwa mu gisa na Nyakatsi
06/11/25
Ipari yakoze ku bikubo ku mukino wose ndetse n’Ibitego byamuhesheje akayabo ka 1,531,607Frws
06/11/25
Kamonyi-Gacurabwenge: Polisi yataye muri yombi Itsinda ry’Abantu 5 barimo Umugore bakekwaho ubugizi bwa nabi

Ikiguzi cyose byasaba kubifuza guhungabanya umutekano w’u Rwanda twakizamura-Perezida Kagame

Umwanditsi
November 14, 2019

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame kuri uyu wa 14 Ugushyingo 2019 ubwo yari mu ngoro y’inteko ishinga amategeko ku Kimihurura yakira indahiro z’abayobozi baherutse gushyirwa mu myanya mu nzego zitandukanye, yahaye ubutumwa uwo ariwe wese waba afite umugambi wo guhungabanya umutekano w’u Rwanda ko yibeshya, ko ndetse ikiguzi cyose byasaba ngo arwanywe kizazamurwa.

Umukuru w’Igihugu, mu butumwa yagejeje kubitabiriye uyu muhango n’abandi bose bamukurikiranye hirya no hino, yavuze ko ibyo Abanyarwanda bamaze kugeraho babikesha umutekano bagezeho bibahenze ku buryo ubu ntawakwemererwa kuwuhungabanya.

Perezida Kagame, yaburiye uwo ariwe wese wihisha inyuma y’ibibazo bya Politiki akumva ko yahungabanya umutekano w’u Rwanda n’Abanyarwada ko icyaba cyiza ari uko yakwisubiraho hakiri kare kuko ahandiho ngo uzabigerageza azabibazwa ku kiguzi icyo aricyo cyose byasaba.

Akomeza avuga ko ikiguzi icyo aricyo cyose byasaba kubifuza guhungabanya umutekano w’u Rwanda kizazamurwa, ko haba mu rwego rw’ubushobozi bizakorwa ariko abanyarwanda bakizera ko icyo bisaba cyose bagifite bityo bagakomeza intambwe igana ku iterambere bifuza. Ati ” Ikiguzi cyose byasaba kubifuza guhungabanya umutekano w’u Rwanda twakizamura”.

Umukuru w’Igihugu, yanaburiye bamwe mubantu bafungiwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bakaza kurekurwa, harimo n’abahawe imbabazi bakaba bari hanze ko nibakomeza iyo mikino bazashyirwa aho bakwiye kuba bari.

Abayobozi batandukanye barahiye harimo abaminisitiri, Abanyamabanga ba Leta n’abayobozi bakuru mu gisirikare bashinzwe imirimo itandukanye. Aba bose basabwe n’Umukuru w’Igihugu kunoza imikorere n’imicungire y’ibyo bashinzwe, abibutsa cyane kuzirikana ko inyungu zabo nk’abayobozi ziza inyuma y’iz’abaturage.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5906 Posts

Politiki

4157 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1028 Posts

Imyidagaduro

85 Posts

Imikino

152 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga