• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/07/25
Kamonyi: Ba Rushingwangerero bagabiye Inka uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi
01/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
01/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
01/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside

Ikiguzi cyose byasaba kubifuza guhungabanya umutekano w’u Rwanda twakizamura-Perezida Kagame

Umwanditsi
November 14, 2019

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame kuri uyu wa 14 Ugushyingo 2019 ubwo yari mu ngoro y’inteko ishinga amategeko ku Kimihurura yakira indahiro z’abayobozi baherutse gushyirwa mu myanya mu nzego zitandukanye, yahaye ubutumwa uwo ariwe wese waba afite umugambi wo guhungabanya umutekano w’u Rwanda ko yibeshya, ko ndetse ikiguzi cyose byasaba ngo arwanywe kizazamurwa.

Umukuru w’Igihugu, mu butumwa yagejeje kubitabiriye uyu muhango n’abandi bose bamukurikiranye hirya no hino, yavuze ko ibyo Abanyarwanda bamaze kugeraho babikesha umutekano bagezeho bibahenze ku buryo ubu ntawakwemererwa kuwuhungabanya.

Perezida Kagame, yaburiye uwo ariwe wese wihisha inyuma y’ibibazo bya Politiki akumva ko yahungabanya umutekano w’u Rwanda n’Abanyarwada ko icyaba cyiza ari uko yakwisubiraho hakiri kare kuko ahandiho ngo uzabigerageza azabibazwa ku kiguzi icyo aricyo cyose byasaba.

Akomeza avuga ko ikiguzi icyo aricyo cyose byasaba kubifuza guhungabanya umutekano w’u Rwanda kizazamurwa, ko haba mu rwego rw’ubushobozi bizakorwa ariko abanyarwanda bakizera ko icyo bisaba cyose bagifite bityo bagakomeza intambwe igana ku iterambere bifuza. Ati ” Ikiguzi cyose byasaba kubifuza guhungabanya umutekano w’u Rwanda twakizamura”.

Umukuru w’Igihugu, yanaburiye bamwe mubantu bafungiwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bakaza kurekurwa, harimo n’abahawe imbabazi bakaba bari hanze ko nibakomeza iyo mikino bazashyirwa aho bakwiye kuba bari.

Abayobozi batandukanye barahiye harimo abaminisitiri, Abanyamabanga ba Leta n’abayobozi bakuru mu gisirikare bashinzwe imirimo itandukanye. Aba bose basabwe n’Umukuru w’Igihugu kunoza imikorere n’imicungire y’ibyo bashinzwe, abibutsa cyane kuzirikana ko inyungu zabo nk’abayobozi ziza inyuma y’iz’abaturage.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5824 Posts

Politiki

4075 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga