• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/07/25
Kamonyi: Ba Rushingwangerero bagabiye Inka uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi
01/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
01/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
01/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside

Gakenke: Urubyiruko 120 rw’abakorerabushake rwiyemeje kuba umusemburo w’umutekano

Umwanditsi
November 16, 2019

Urubyiruko rw’abakorerabushake bo mu karere ka Gakenke biyemeje kuba intangarugero mu mutekano w’abaturage wo nkingi y’iterambere. Ibi babivuze kuri uyu wa Kane tariki ya 14 Ugushyingo 2019 ubwo bari mu gikorwa cy’umuganda wo gutera ibiti bigera ku bihumbi 4800, ku buso bungana na hegitari imwe. Uyu muganda wakorewe mu murenge wa Gakenke mu kagari Rusagara, witabiriwe n’umuyobozi w’akarere ka Gakenke, umuyobozi wa Polisi muri aka karere ndetse n’urubyiruko rw’abakorerabushake rwageraga ku 120.

Umuyobozi w’akarere ka Gakenke, Nzamwita Deogracias nyuma y’umuganda yasabye uru rubyiruko gushyira imbaraga mu kurwanya ibikorwa by’ubutagondwa, ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, ihohotera rishingiye ku gitsina ndetse n’ibyaha by’icuruzwa ry’abantu.

Yagize ati:” Urubyiruko mukenewe mu bikorwa bitandukanye biteza imbere igihugu ariko cyane cyane mukenewe mu bikorwa byo kubungabunga no gukomeza gushyigikira umutekano w’igihugu. Ibi muzabigeraho binyuze mu guhanahana amakuru n’inzego zose z’igihugu, mwagira amakuru mumenya agamije guhungabanya umutekano mukihutira kuyavuga hakiri kare.”

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda mu karere ka Gakenke Chief Inspector of Police(CIP) Roger Rwakayiro yavuze ko Polisi y’u Rwanda ishyira imbaraga mu gukangurira abaturage kugira uruhare mu mutekano w’igihugu ndetse no kurwanya ibyaha, ariko avuga ko nta cyagerwaho urubyiruko rutabigizemo uruhare.

Yagize ati:” Urubyiruko rufite uruhare rukomeye mu gushimangira umutekano w’abaturage, ibi kandi tubifitiye ubuhamya kuko hari ibyaha byinshi byagiye biburizwamo mbere y’uko biba, kandi urubyiruko nirwo rwabigizemo uruhare. Niyo mpamvu imbaraga n’ubufatanye by’urubyiruko bikenewe cyane kugira ngo dukomeze turwanye ibyaha”.

Umuyobozi wa Polisi mu karere ka Gakenke yakomeje ashishikariza urubyiruko gukoresha imbuga nkoranyambaga bakabeshyuza inkuru zigenda zigaragara zivuga amakuru atariyo k’u Rwanda.

Yagize ati:“Nk’urubyiruko murasabwa gukoresha imbuga nkoranyambaga mukabeshyuza bamwe birirwa basebya u Rwanda bavuga amakuru y’ibinyoma, turanabasaba kurwanya bamwe mu bantu bakoresha abana imirimo bakabatesha amashuri, aho mubibonye mukihutira gutanga amakuru”.

Urubyriko rwishimiye inama n’impanuro rwahawe n’abayobozi rwiyemeza gukomeza gutanga imbaraga zose rufite mu bikorwa biteza imbere igihugu cyane cyane harwanywa ikintu cyose cyahungabanya umutekano w’igihugu.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5824 Posts

Politiki

4075 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga