• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
02/07/25
Kamonyi: Ba Rushingwangerero bagabiye Inka uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi
02/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
02/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
02/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside

Bamwe mu batangabuhamya mu rubanza rwa Neretse Fabien banze kugera mu rukiko

Umwanditsi
November 20, 2019

Mu rubanza rw’umunyarwanda Neretse Fabien, ukurikiranyweho ibyaha bifitanye isano na Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda mu 1994, aho aburanishirizwa mu gihugu cy’u Bubiligi, bamwe mu batangabuhamya bari bitezwe kugera mu rukiko bamaze kuruhakanira ko batazaza.

Kuwa Kane Tariki 07 Ugushyingo 2019 nibwo urubanza rwa Neretse Fabien rwatangiye I Buruseli mu Bubiligi. Ku munsi warwo wa munani w’iburanisha, kuri uyu wa 19 Ugushyingo, hari bamwe mu batangabuhamya byari byitezwe ko bazagaragara bahakaniye urukiko bavuga ko batakije mu rubanza.

Zimwe mu mpamvu zagaragajwe n’aba bari baremereye urukiko kugaragara mu rubanza nyuma y’ubuhamya batanze mu nyandiko, ariko bakaza kwisubiraho bavuga ko batakigaragaye zirimo; abavuze ko babitewe n’Uburwayi, Umutekano, Kubura ibyangombwa ndetse n’impamvu bwite.

Umushinjacyaha muri uru rubanza (Procureur), yabwiye Karegeya Jean Baptiste umunyamakuru urimo gukurikirana uru rubanza woherejwe n’umuryango w’Abanyamakuru baharanira amahoro-Paxpress, ko ibi byo kwanga kuza gutanga ubuhamya ku bantu bari barabyemereye urukiko ari ibintu bibaho ndetse nta tegeko rihari ribibahana. Gusa ngo iyo bibaye ngombwa umucamanza ashobora kohereza urwandiko( Mandat d’arret) ruhamagaza umutangabuhamya akabutanga ku ngufu.

Iyo umutangabuhamya ageze mu rukiko akivuguruza ( kuko aba yaratanze ubuhamya mbere mu nyandiko), akanyuranya n’ibyo yari yabwiye urukiko mbere, kuko inyandiko itavuga ahubwo baba basoma mu rukiko, bamusaba kwisobanura bagakuramo ukuri.

Umunyamategeko Elie Nizeyimana unakorana na Paxpress, yabwiye intyoza.com ko iyo umuntu yanze kujya gutanga ubuhamya kandi yari yarabyemereye urukiko biba ari ikibazo ku rukiko n’ubutabera muri rusange, ariko na none bikaba igihombo ku uregwa iyo ubyanze ari uwagombaga kumushinjura.

Me Nizeyimana, avuga kandi ko biba igihombo ku butabera iyo uwanze gutanga ubuhamya ari uwo ku ruhande rw’ushinja. Gusa na none urukiko ngo rushobora gusaba ko uwo mutangabuhamya ahamagazwa ku ngufu cyangwa se babona ari ngombwa bakohereza umuntu gushaka uwo mutangabuhamya. Akomeza avuga ko hari itegeko rihana umutangabuhamya wanze kubutanga nta mpamvu ifatika.

Muri uru rubanza hari ubuhamya 126 bwakusanijwe, hari hitezwe abatangabuhamya 120, ariko hamaze gupfa 11, abandi bamaze guhakana ko bazaza. Baba abapfuye ndetse n’abahakaniye urukiko kuza, ubuhamya bwabo buzasomwa, ikitazashoboka ni uko batazagaragara ngo bagire ibyo basobanura mu rukiko.

Kuri uyu munsi wa munani w’urubanza, umucamanza yategetse ko abashinzwe iperereza bajya kumva ubuhamya bwa kabiri mu bari banditse bavuga ko batazagera mu rukiko. Niba nta zindi mpinduka zibaye haba kubashobora guhakana cyangwa se izindi mpamvu zitandukanye nk’urupfu, mu rubanza hitezwe abatangabuhamya bagera mu ijana. Mu rukiko, umutangabuhamya abanza kurahira ko avuga ukuri, ariko utaje hari n’igihe ashobora kuba yarabeshye mu buhamya yatanze.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5824 Posts

Politiki

4075 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga