• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
17/09/25
Kamonyi-Kayenzi: Barishyuye, Imyaka irasaga 5 batazi ikitambitse urugendo rujya ku Mulindi w’Intwari
17/09/25
Indege itagira umupirote( Drone) y’Igisirikare cy’u Rwanda yakomerekeje Abanyeshuri
17/09/25
Umwami w’ibikubo byo ku Bitego atahanye 1,175,360Rwf yashyizeho 10,000 mu isaha imwe gusa
17/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda

Buruseli: Umutangabuhamya mu rubanza rwa Neretse yikomye itangazamakuru asaba ko risohorwa

Umwanditsi
November 26, 2019

Kuri uyu wa 26 Ugushyingo 2019 ku munsi wa 13 w’urubanza rw’umunyarwanda Neretse, uburanira mu rukiko rwa rubanda i Buruseli mu Bubiligi, hari umutangabuhamya (arafunzwe) wahoze ari superefe mu Ruhengeri. Yikomye itangazamakuru asaba ko ryasohorwa mu rukiko akabona kuvuga.

Ubusabe bw’uyu mutangabuhamya, bwateje impaka mu rukiko kugeza ubwo gufata icyemezo niba itangazamakuru risohorwa cyangwa ridasohorwa byanze  bagahitamo kujya mu mwiherero wakozwe ubugira kabiri.

Uruhande rwa Neretse kimwe n’abamuburanira n’abandi bari ku ruhande rwe nibo bashyigikiye ko uyu mutangabuhamya yavugira mu muhezo, ahatari itangazamakuru, mu gihe ubushinjacyaha ndetse n’abaharanira inyungu z’abatanze ikirego (Parties Civiles), basanga nta mpamvu yo gusohora itangazamakuru.

Uyu mutangabuhamya yabajijwe impamvu adashaka itangazamakuru, ati” Njye ndafunzwe, kandi mfite imiryango n’incuti, media(itangazamakuri) ijya ihindura inkuru kandi sinabasha kuyivuguruza, igihe ntayishimiye, hari igihe byagira ingaruka ku ncuti zanjye cyangwa abavandimwe. Nakatiwe BURUNDU, uruikiko rwa gacaca nirwo rwankatiye, abanyarwanda tugira imiryango myinshi, ababyara, sinshaka ko ubuzima bwanjye bwajya ku maradio”.

Imiryango idafite aho ibogamiye yahawe ijambo, ivuga ko urubanza rubaye mu muhezo ntacyo rwaba rumaze. Ubundi mu mategeko, urukiko rwemera umuhezo iyo rubona ko hari risk ( ingaruka) zikomeye ku mutangabuhamya. Umwanzuro ushobora kuva kuri izi mpaka ushobora kuzagira ingaruka mu manza zindi zizakurikira.

Urukiko rugiye kwiherera ku nshuro ya gatatu….

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5866 Posts

Politiki

4117 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1010 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

143 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga