• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
04/11/25
Ipari yakoze ku bikubo ku mukino wose ndetse n’Ibitego byamuhesheje akayabo ka 1,531,607Frws
04/11/25
Kamonyi-Gacurabwenge: Polisi yataye muri yombi Itsinda ry’Abantu 5 barimo Umugore bakekwaho ubugizi bwa nabi
04/11/25
Kamonyi-GS Ruramba:“ Ishuri ryanjye, Urukwavu rwanjye”, Umushinga wo gukundisha abana Ishuri
04/11/25
Muhanga: Itsinda ry’abakekwaho ibikorwa by’Ubugizi bwa nabi batawe muri yombi

Urupfu rw’abatangabuhamya 11 mu rubanza rwa Neretse si iherezo ry’ubuhamya basize-Me Juvens /RCN

Umwanditsi
December 3, 2019

Me Juvens Ntampuhwe, umuhuzabikorwa w’umushinga Justice &Mémoire wa RCN, umuryango w’ababiligi uharanira ubutabera na Demokalasi, avuga ko kuba hari abatangabuhamya 11 bapfuye bityo bakaba batazagaragara mu rubanza rwa Neretse Fabien uburanira mu Bubiligi, ko nta kizahinduka ku buhamya batanze mu gihe cy’iperereza. Nubwo bapfuye ariko ubuhamya bwabo burahari.

Mu kiganiro na intyoza.com kuri uyu wa 03 Ukuboza 2019, nyuma y’inama Paxpress(umuryango w’abanyamakuru baharanira amahoro) na RCN nk’umuterankunga wayo aho abanyamakuru n’imiryango itandukanye bahabwaga amakuru y’uko urubanza rwa Neretse Fabien rurimo kugenda, Me Ntampuhwe Juvens yabwiye umunyamakuru ko kuba abatangabuhamya 11 barapfuye bitavuze ko n’ubuhamya bwabo butagifite agaciro.

Me Ntampuhwe, avuga ko mu rukiko nk’uru rwa rubanda aho Neretse arimo aburanishirizwa, abatangabuhamya nk’uko baba barabajijwe mu bihe by’iperereza ngo baba bagomba no kunyura imbere y’inteko iburanisha bagahamya iby’ubuhamya batanze ari nako babibazwaho ibibazo. Gusa ngo kuba haba habaye impamvu runaka nk’urupfu ntabwo biba bisobanuye ko n’ubuhamya bwatanzwe ibyabwo birangiye.

Ati ” Abatangabuhamya nyine baba bagomba kuza imbere y’urukiko, ibyo bavuze mu bihe by’iperereza bakabivugira n’imbere y’urukiko ndetse bakabazwa ibibazo. Iyo bidashobotse ko umutangabuhamya aza imbere y’urukiko ku mpamvu nyine zikomeye nk’iyo y’umuntu wapfuye, ntabwo bivuga ko ubuhamya bwe buteshejwe agaciro. Nta kibujijwe ko n’ubundi umucamanza yabushingiraho, ariko akenshi buza ari inyunganizi y’ikindi kimenyetso cyangwa y’ubundi buhamya bwatanzwe”.

Umunyamategeko w’umwuga-Me Juvens Ntampuhwe asobanurira abitabiriye ikiganiro iby’urubanza rwa Fabien Neretse.

Muri izi manza nshinjabyaha, Juvens avuga ko itegeko nta kimenyetso runaka cyangwa se urutonde rw’ibimenyetso ryakoze ku buryo umucamanza areba akavuga ko aricyo yashingiraho kurusha ibindi. Avuga ko icyo umucamanza ashingiraho ari uburyo yumvise ireme ry’ikimenyetso cy’ubuhamya ahawe, bityo mu bushishozi bwe n’umutima nama we akaba ariwe wemeza niba koko ikimenyetso runaka cyahabwa agaciro cyangwa se ntako.

Me Ntampuhwe Juvens, avuga ko icyo nka RCN bifuza, baharanira kandi babona gikenewe ari ubutabera nubwo kuri we atabasha kumenya uko urubanza ruzarangira kuko biri mu bushobozi bw’urukiko n’abacamanza barimo kuburanisha uru rubanza. Asaba abanyarwanda muri rusange guhanga amaso ubutabera, bagakurikira uru rubanza kugeza ku iherezo.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5904 Posts

Politiki

4155 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1027 Posts

Imyidagaduro

85 Posts

Imikino

152 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga