• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
10/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
10/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
10/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
10/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Abacamanza babiri n’umwanditsi w’urukiko batawe muri yombi na RIB

Umwanditsi
December 6, 2019

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha-RIB kuri uyu wa 06 Ukuboza 2019 bubinyujije ku rubuga rwa Twitter, rwatangaje ko abacamanza babiri hamwe n’umwanditsi w’urukiko batawe muri yombi aho bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano na Ruswa bakaga abagana inkiko.

Aba bacamanza hamwe n’uyu mwanditsi w’urukiko batawe muri yombi, bari mu mubare w’abacamanza n’abanditsi b’inkiko baherutse kwirukanwa muri Minisiteri y’ubutabera. Bafashwe mu gihe kitageze mu masaha 24 hasohowe itangazo ry’uko birukanwe burundu mu bakozi ba Leta, ku cyemezo cy’inama nkuru y’ubucamanza.

Inama nkuru y’ubucamanza yateranye kuri uyu wa 05 Ukuboza 2019 ku cyicaro cy’urukiko rw’ikirenga iyobowe na Perezida warwo Sam Rugege wamaze kurangiza manda ye, niyo yavuyemo icyemezo cy’iyirukanwa ry’aba bakozi bo mubucamanza.

Abatawe muri yombi na RIB, yatangaje ko bakurikiranyweho ibyaha bya Ruswa bakaga abafite ibirego mu nkiko. Abafashwe bafungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Kimihurura, Kicukiro na Kimironko.

Urwego rw’Igihugu rw’ubugenzacyaha-RIB, butangaza kandi ko aba bose bafashwe hagikomeje iperereza kugira ngo bazashyikirizwe ubushinjacyaha.

Itangazo rya RIB yanyujije kuri Twitter.

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa 06 Ugushyingo 2019 ubwo yarahizaga abayobozi batandukanye, yongeye kuvuga kuri ruswa, yibutsa ko ari mbi ariko ikarushaho kuba mbi iyo igeze mu bucamanza kuko yangiza isura y’Igihugu. Yasabye ko abagira uruhare muri ruswa bakwiye guhanwa nta kubajenjekera.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga