• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
11/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
11/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
11/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
11/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Ukudahuza kw’Inzego, ikibazo mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina-Emma Marie Bugingo

Umwanditsi
December 12, 2019

Umuyobozi w’impuzamiryango Pro-Femmes-Twese Hamwe, Emma Marie Bugingo kuri uyu wa 12 Ukuboza 2019 mu nama nyunguranabitekerezo ku mikorere y’inzego zishinzwe kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina, yatangaje ko gutatanya imbaraga kw’iyi miryango kimwe n’abandi bahuje urugamba bituma ibigambiriwe kugerwaho bidakunda.

Madame Bugingo, aganira n’umunyamakuru wa intyoza.com nyuma y’inama, yahamije ko Guhuza imbaraga no gukorera hamwe kw’abahuriye ku kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina bitari gusa mu nyungu zo kugera ku ntego y’ibiba bigamijwe, ahubwo ko bizanafasha ko n’ingengo y’imari ijya iboneka rimwe na rimwe itanahagije yigongera ariko kandi n’umusaruro w’izo mbaraga zishyize hamwe ukaboneka.

Ati“ Hakwiye kubaho gushyiramo imbaraga cyane cyane guhuza mu gihe cy’igenabikorwa kugira ngo abantu bashyire imbaraga hamwe, kuko iyo mutatanije imbaraga ibyinshi mwashakaga kugeraho ntabwo mubigeraho”.

Akomeza ati“Ibi bikorwa twakwita ko biri Social ( Bishingiye ku buzima n’imibereho y’abaturage) abantu babikorera hamwe. Bishaka imbaraga cyane, mu rwego rwo guhuza uko abantu bagena ibikorwa (Planning) kugira ngo binafashe na ya Ngengo y’imari iboneka rimwe na rimwe itanahagije bifashe ko yakwiyongera”.

Inama yari yitabiriwe n’inzego zitandukanye hamwe n’imiryango inyuranye, bose bafite aho bahurira no kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

Madame Emma Marie Bugingo, avuga kandi ko uku guhuriza hamwe imbaraga binafasha mu kwirinda ko abantu bakora ibikorwa bisa, bikabarinda kubikorera igihe kimwe ndetse bakaba banabikorera ahantu hamwe.

Umuyobozi w’Impuzamiryango Pro-femmes Twese Hamwe, Madame Bugingo, avuga kandi ko bigoye kugera ku ntego mu gihe kuri uru rugamba hakiri bamwe mu bantu bigira ba ntibindeba. Asaba buri wese ko ikibazo yakigira icye, ntategereze kumva uburemere bw’ikibazo kubera ko no mu muryango we byahageze.

Mu butumwa Pro-Femmes Twese Hamwe iha abanyarwanda n’abaturarwanda, ni uko ikibazo cy’ihohoterwa rishingiye ku gitsina kireba buri wese, ko buri muntu asabwa kwibuka no kuzirikana uruhare rwe mu gutanga amakuru, mu kurikumira, mu kubaka umuryango uzira ihohoterwa rishingiye ku gitsina, kubaka umuryango n’Igihugu gitekanye.

Emma Marie Bugingo/Pro-Femmes Twess Hamwe.

 

 

Abitabiriye inama bahawe urubuga barisanzura, bavuga kubyo babona bikwiye gukorwa n’aho imbaraga zikwiye kongerwa.

Amafoto/intyoza.com

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga