• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
02/07/25
Kamonyi: Ba Rushingwangerero bagabiye Inka uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi
02/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
02/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
02/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside

Burera: Umumotari wari utwaye ikiyobyabwenge cya Kanyanga yatawe muri yombi

Umwanditsi
December 17, 2019

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 14 Ukuboza 2019 nibwo Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Burera mu murenge wa Nemba yafashe umumotari witwa Habiyaremye Ildephonse ufite imyaka 32. Yafatanwe litiro 50 z’ikiyobyabwenge cya Kanyanga ayihetse kuri moto ifite ibirango RD 141N.

Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’amajyaruguru Chief Inspector of Police (CIP) Alexis Rugigana avuga ko kugira ngo uriya mumotari afatwe byaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage.

Yagize ati: “Abaturage bamaze gusobanukirwa ububi n’ingaruka z’ibiyobyabwenge, ubu nibo badufasha gufata bariya bose bakwirakwiza bakanatunda ibiyobyabwenge. Uriya wafashwe twamufashe mu masaha y’umugoroba aturuka i Rwerere ajya mu karere ka Rulindo kuri Base”.

CIP Rugigana akomeza avuga ko usibye ubufatanye buri hagati ya Polisi n’abaturage, ubu Polisi y’u Rwanda ifatanyije n’izindi nzego z’umutekano bakajije ibikorwa byo kurwanya ibiyobyabwenge byinjira mu gihugu.

Yagize ati: “inzira n’amayeri bifashisha mu kwinjiza mu gihugu kanyanga n’ibindi biyobyabwenge twarayamenye. Hari imirenge yo mu karere ka Burera bifashisha iyo bamaze kubyambukana, bakanyura mu kibaya cy’urugezi, aho hose twarahamenye ndetse n’amasaha batangiriraho kubitunda twarayamenye”.

Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’amajyaruguru arashishikariza abaturage gucika ku ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge kuko nibyo ntandaro yo gukora ibyaha bitandukanye ndetse bakanafungwa. Yabibukije ko gukoresha ibiyobyabwenge ari icyaha gihanwa n’amategeko.

Habiyaremye Ildephonse yashyikirijwe urwego rw’igihugu rushinzwe ubugenzacyaha RIB kuri sitasiyo ya Rusarabuye kugira ngo akurikiranwe n’amategeko.

Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 263 ivuga ko umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n’amategeko, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa  igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni makumyabiri (20.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni mirongo itatu (30.000.000 FRW) ku byerekeye ibiyobyabwenge bihambaye harimo n’urumogi.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5824 Posts

Politiki

4075 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga