• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
18/09/25
Gisagara: Polisi yashimiye Clubs zishinzwe gukumira ibyaha mu mashuri(anti-Crime Clubs in school)
18/09/25
Kamonyi-Ngamba: Amakuru intyoza.com yamenye ni uko Polisi yarashe Amabandi atatu yasanze arimo gutema no kwambura Abaturage
18/09/25
Ku biceri 200 gusa, Umunyamahirwe muri FORTEBET yatsindiye 1,296,945RWF
18/09/25
Kamonyi-Kayenzi: Barishyuye, Imyaka irasaga 5 batazi ikitambitse urugendo rujya ku Mulindi w’Intwari

Perezida Kagame yakuriye inzira ku murima abibwiraga ko gusenyera abari mu manegeka byahagarara

Umwanditsi
December 19, 2019

Atangiza ku mugaragaro inama y’Igihugu y’umushyikirano ya 17 kuri uyu wa 19 Ukuboza 2019, Perezida Paul Kagame yavuze ko abasenyerwa baba abakurwa mu manegeka n’abakurwa aho bashobora kwibasirwa n’ibiza bitagomba guhagarara ndetse avuga ko abirirwa basakuza bavuga ko bikwiye guhagarara bategereza igihe cyabo cyo kuyobora, bakazakora ibyo bashaka.

Inkubiri yo gusenyera abaturage bari mu manegeka n’abandi bari mu bice bigaragara ko byakwibasirwa n’ibiza mu mujyi wa Kigali, imaze iminsi ivugisha benshi ndetse bamwe basaba ko birimo gukorwa mu buryo budakwiye, ko bityo bikwiye guhagarara bikigwa neza. Ibi Perezida Kagame yabiteye utwatsi avuga ko ibikorwa biri mu nyungu z’ubuzima bw’abanyarwanda.

Perezida Kagame, yavuze ko nubwo hari amakosa yakozwe, byaba ku bayobozi batumye abantu batura aho badakwiye kuba batuye, byaba n’abaturage batuye ahadakwiye nko mu bishanga, bakwiye kuhimurwa bagashyirwa aho bakwiye kuba batura.

Umukuru w’Igihugu, Paul Kagame yavuze ko abirirwa basakuza bavuga ko ibirimo gukorwa byahagarara, bakwiye guceceka cyangwa se bagategereza igihe nabo bazaba bahawe kuyobora bagakora ibintu uko babyumva, niba abanyarwanda bazaba babibahaye ngo babayobore.

Perezida Kagame, avuze ibi asa nk’ukurira inzira ku murima uwo ariwe wese wibwiraga ko iri senywa ry’amazu bivugwa ko ari mu bishanga no mu manegeka rikwiye guhagarara rikabanza kunozwa. Yakebuye abayobozi barimo n’abaminisitiri bakagombye kba basobanurira abantu impamvu y’ibi bikorwa ariko ugasanga ntacyo bakora.

Bamwe mubagiye bagaragaza ko ibi bikorwa byo gusenyera abaturage bidakorwa mu mucyo harimo imiryango itandukanye ivuga ko iharanira uburenganzira bwa muntu, abari mu mashyaka atandukanye nka The Democratic Green Party of Rwanda( Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije mu Rwanda) n’abandi batandukanye.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5869 Posts

Politiki

4120 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1011 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

144 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga