• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
01/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
01/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
01/07/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Rubavu: Amakuru yatanzwe n’abaturage yatumye hafatwa ukekwaho gukwirakwiza ibiyobyabwenge

Umwanditsi
January 6, 2020

Polisi ikorera mu karere ka Rubavu mu murenge wa Rubavu ku bufatanye n’abaturage, mu mpera z’iki cyumweru tariki 03 Mutarama 2020 yafashe umusore witwa Gashavu Ngaboyisonga w’imyaka 26 y’amavuko, yafatanwe udupfunyika tw’urumogi 1,600 yari avanye mu gihugu cy’abaturanyi.

Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Iburengerazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Emmanuel Kayigi, avuga ko uyu musore yafatiwe mu mudugudu wa Murambi, akagari ka Buhaza mu murenge wa Rubavu biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage.

Yagize ati: “Uyu musore yari avuye mu gihuhgu cy’abaturanyi cya Repuburika iharanira Demukarasi ya Congo afite urwo rumogi anyura mu nzira zitemewe, abaturage bamubonye bagira amakenga bahita bihutira guha amakuru Polisi, iraza iramufata imusangana urwo rumogi”.

CIP Kayigi, yakanguriye abaturage kutishora mu bikorwa bibi bibaganisha mu biyobyabwenge, cyangwa kubinywa kuko bidindiza iterambere ryabo.

Yagize ati:“ Ibiyobyabwenge, uwabyishoyemo nta terambere bimugezaho, yaba ubinywa cyangwa ubicuruza, bitewe n’uko baba barimo gukora ibyaha. Iyo bafashwe bashyikirizwa ubutabera, byongeye kandi ibiyobyabwenge byangiza ubuzima bw’ubikoresha ndetse bikaba intandaro y’ibyaha bitandukanye biteza umutekano muke mu muryango nyarwanda”.

CIP Kayigi yibukije abaturage ko guca burundu abacuruza bakanakwirakwiza ibiyobyabwenge bisaba imbaraga za buri wese no gukorera hamwe hatangwa amakuru ku gihe y’abo babiketseho nk’uko aba baturage bo mu mudugudu wa Murambi babigenje.

Yongeyeho ko Polisi y’u Rwanda izi amayeri yose abantu bishora mu biyobyabwenge bakoresha, ikindi kandi ni uko ku bufatanye n’abaturage ndetse n’izindi nzego abagifite umugambi wo kubyishoramo batazabura gufatwa bagashyikirizwa ubutabera.

Uyu musore wafatanwe urumogi yashyikirijwe urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha (RIB) sitasiyo ya Gisenyi ngo akurikiranwe ku byaha akekwaho.

Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 263 ivuga ko umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n’amategeko, aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni makumyabiri (20.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni mirongo itatu (30.000.000 FRW) ku byerekeye ibiyobyabwenge bihambaye harimo n’urumogi.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga