• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
01/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
01/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
01/07/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Kicukiro: Babiri bakekwaho gutega ibico bakambura abaturage utwabo nijoro bafashwe

Umwanditsi
January 12, 2020

Abafashwe ni uwitwa Itangishaka Vital ufite imyaka 24 wo mu kagari ka Gako mu murenge wa Masaka mu karere ka Kicukiro, yafashwe tariki ya 10 Mutarama 2020 afatirwa mu murenge wa Masaka. Undi ni Musabirema Cyprien ufite imyaka 29 wo mu kagari ka Karambo mu murenge wa Gatenga mu karere ka Kicukiro, uyu yafashwe tariki 09 Mutarama, afatirwa ahitwa Rwandex.

Umuvugizi wa Polisi mu mujyi wa Kigali, Chief Inspector of Police( CIP) Marie Gorette Umutesi avuga ko uwitwa Itangishaka Vital tariki ya 03 Mutarama yateze igico umunyonzi witwa Muhawenimana Jean Pierre ufite imyaka 24 amutera icyuma ku ijosi ariko ntiyapfa, amwambura igare yatwaragaho abagenzi. Amaze kurimwambura nawe yahise atangira kuritwaraho abagenzi nibwo abandi banyonzi baribonye bararimenya bibuka ko hari mugenzi wabo uherutse guterwa icyuma akamburwa iryo gare.

Ati: “Uriya Itangishaka nk’uko nawe abyemera ko mu ijoro rya tariki 03 yateze igico uwitwa Muhawenimana amutera icyuma ku ijosi amwambura igare. Amaze kurimwambura yahise atangira kurikoresha akazi ko gutwara abagenzi(Ubunyonzi) abari basanzwe bakorana na Muhawenimana babonye iryo gare bararimenya ndetse bibuka ko hari mugenzi wabo uherutse kuryamburwa atewe icyuma ubu akaba arwariye mu bitaro bya masaka, bahise batanga amakuru Itangishaka arafatwa”.

Ni mu gihe mu murenge wa Gatenga ho tariki ya 09 Mutarama 2020 hafatiwe uwitwa  Musabirema Cyprien nawe wari waratanzweho amakuru n’abaturage ko atega abantu nijoro akabambura ibyo bafite.

CIP Umutesi yagize ati: “Twari tumaze iminsi tumushakisha, abaturage bari basanzwe bamuzi ko ari umujura ukomeye kuko hari abo yagiye atega akabambura, bamaze kuduha ayo makuru hateguwe igikorwa cyo kuzamufata. Bavugaga ko ategera abantu ku cyapa cy’ahitwa Rwandex ari naho yafatiwe ari nijoro”.

Akomeza avuga ko hari amakuru avuga ko hari abandi bantu batatu bari ku rutonde rumwe n’uyu Musabirema, bakaba bakoranaga muri ubwo bujura bwo gutega igico bakambura abagenzi, abo nabo barimo gushakishwa.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu mujyi wa Kigali yaboneyeho gukangurira abantu gucika ku ngeso mbi yo gushaka gutungwa n’iby’abandi batakoreye, abasaba gukura amaboko mu mifuka bagakora.

Ati: “Hari bamwe mu bantu dufitiye amakuru ko bitwikira ijoro bakambura abaturage ibyo bafite, ku bufatanye n’abaturage turimo kugenda tubafata. Turagira inama abo bose kureka ubujura bagahaguruka bagashaka imirimo myiza bakora bakareka ubujura”.

Yabibukije ko utazubahiriza inama bahora bagirwa atazananira inzego z’umutekano ndetse n’amategeko, bazafatwa bashyikirizwe ubutabera. Yashimiye abaturage bakomeje gutanga amakuru agamije kurwanya no gukumira ibyaha, abasaba gukomeza ubwo bufatanye. Abafashwe bashyikirijwe urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha RIB kugira ngo bakorerwe amadosiye.

Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 166 ivuga ko umuntu wese uhamijwe n’urukiko icyaha cyo kwiba, ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka umwe (1) ariko kitarenze imyaka ibiri (2), ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni ebyiri (2.000.000 FRW), imirimo y’inyungu rusange mu gihe cy’amezi atandatu (6) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga