• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Abapolisi b’u Rwanda na Sudani y’Epfo bari mu mahugurwa ku mutekano wo ku bibuga by’indege

Umwanditsi
January 14, 2020

Abapolisi b’u Rwanda n’abaturutse mu gihugu cya Sudani y’Epfo bateraniye ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru aho bari mu mahugurwa ajyanye n’umutekano wo ku bibuga by’indege. Ni amahugurwa yatangiye kuri uyu wa mbere tariki ya 13 Mutarama 2020 yitabirwa n’abapolisi 40, ni icyiciro cya kabiri kuko aya mbere nayo yari yabereye hano mu Rwanda mu kwezi kw’ugushyingo 2019.

Ubwo yatangizaga ku mugaragaro aya mahugurwa azamara ibyumweru bitatu (3), Commissioner of Police (CP) Robert Niyonshuti umuyobozi w’ishami rishinzwe amahugurwa muri Polisi y’u Rwanda yagaragaje ko umutekano wo ku bibuga by’indege ari ingenzi kuko ari inkingi ya mwamba mu bukungu bw’ibihugu binyuze mu bucuruzi ndetse n’ubukerarugendo.

Yagize ati: “Indege ni kimwe mu bintu byoroshya ubwikorezi ku isi yose bigatuma ubucuruzi bugenda neza ku isi. Bituma ubukungu bw’ibihugu butera imbere, bitanga imirimo, bikanoroshya ubucuruzi mpuzamahanga, ubukerarugendo ndetse n’urujya n’uruza rw’abantu”.

CP Niyonshuti yibukije abitabiriye amahugurwa ko n’ubwo ingendo zo mu kirere arizo zoroshya ibikorwa bitandukanye bijyanye n’ubukungu bw’ibihugu n’urujya n’uruza rw’abantu, ibyihebe n’abandi banyabyaha nabo baba bari hafi bagambirira guhungabanya umutekano ku bibuga by’indege. Ariyo mpamvu ibihugu bigomba guhora bitegura abantu bashobora kuhacungira umutekano.

Yagize ati: “Ibyihebe n’abandi banyababyaha bahora bacura imigambi yo guhungabanya umutekano harimo no ku bibuga by’indege, bakora amahugurwa. Niyo mpamvu natwe duhora duhugura abapolisi bashobora guhangana n’abo banyabyaha, ndizera ko aya mahugurwa mwitabiriye muzayakuramo ubumenyi buzabafasha gucunga umutekano wo ku bibuga by’indege”.

Yavuze ko aya mahugurwa aziye igihe kuko ibihugu byombi u Rwanda na Sudani y’Epfo birimo gutera imbere mu ngendo zo mu kirere. Yasoje ashimira imikoranire myiza iri hagati y’ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda ndetse n’abayobozi ba Polisi yo mu gihugu cya Sudani y’Epfo.

Si ubwa mbere Polisi y’u Rwanda ihugura abapolisi bo mu gihugu cya Sudani y’Epfo kuko abapolisi b’iki gihugu bakunze kuza guhugurirwa hano mu Rwanda cyane cyane mu masomo ahabwa aba-Ofisiye bakuru n’aba-Ofisiye bato. Mu mwaka wa 2016 hari abapolisi bo muri iki gihugu cya Sudani y’Epfo bitabiriye amasomo y’abapolisi bitegura kuba abofiye bato (Officer Cadets) yabereye mu ishuri rya Polisi Gishari (PTS-Gishari) riherereye mu karere ka Rwamgana.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga